Iyi mpanuka yabereye mu muhanda wo ku Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi ahagana saa tanu z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Ukuboza 2023.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yabwiye IGIHE ko iyi mpanuka yatewe n’izi kamyo ebyiri zirimo iyari itwaye amabuye n’iyari itwaye imbaho.
Yagize ati “ Abantu batanu bahise bapfa barimo bane bari muri iyo vatiri yari irimo abantu barindwi na kigingi w’ikamyo ariko shoferi yavuyemo ari muzima.”
Yongeyeho ko ubu hatari hamenyekana icyateye iyi mpanuka kuko nta muvuduko ibyo binyabiziga byari bifite ndetse nta n’umushoferi wari wasinze.
Iperereza rirakomeje.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!