Byabaye mu gitondo cyo ku wa 18 Gicurasi 2025, bafatirwa mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Gacurabwenge, Akagari ka Kigembe, nyuma yo gufatanwa amatungo bari bamaze kwiba, bayahisha mu rugo rw’umwe mu bafashwe.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yabwiye IGIHE ko izo hene zari iz’umuturage wo mu Mudugudu wa Mushimba, Akagari ka Gisare, Umurenge wa Kinazi, mu Karere ka Ruhango bakaba bari bazitwariye rimwe.
Ati “Abafashwe bahise bajyanwa gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Runda, mu gihe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwahise rutangira iperereza kugira ngo hakurikizwe amategeko.”
CIP Kamanzi yakomeje avuga ko ayo matungo yose uko ari 12 yamaze gusubizwa nyirayo.
Yaboneyeho gushimira abaturage uruhare rwabo mu gutanga amakuru ku gihe, avuga ko ari imwe mu nkingi zikomeye zituma umutekano usesuye ugerwaho.
Yongeye kandi kwibutsa abakomeje kwishora mu bikorwa by’ubujura n’ibindi byaha ko batazihanganirwa, kuko amayeri yose bakoreshaga agenda atahurwa, kandi ko ubujura atari umwuga ahubwo ari icyaha gihanwa n’amategeko.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!