Muri ibi biganiro biteganyijwe kuri uyu wa Gatatu u Rwanda ruraba ruhagarariwe n’abarimo Minisitiri Nduhungirehe na Gisa Teta ushinzwe Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga. Bageze muri Afurika y’Epfo mu ijoro ryo ku wa Kabiri.
Aba Badipolomate b’u Rwanda bari muri Afurika y’Epfo ku butumire bwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri iki gihugu, Ronald Lamola.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Afurika y’Epfo yavuze ibi biri mu murongo wo kongera kubaka umubano w’iki gihugu n’u Rwanda.
Ati “Iyi nama ni imwe muri gahunda zihari zo kongera kubaka no kongerera imbaraga umubano hagati ya Afurika y’Epfo n’u Rwanda. Ibiganiro bizibanda ku kongerera imbaraga ibiganiro bya dipolomasi no guteza imbere ubufatanye mu nzego zirimo ubucuruzi, ubukerarugendo, ubuzima, uburezi n’umutekano.”
Biteganyijwe ko nyuma y’iyi nama Minisitiri Lamola azagirana ikiganiro n’itangazamakuru, agasobanura ibyayivuyemo ndetse n’ingamba zafashwe mu kongerera imbaraga umubano w’ibihugu byombi.
Iyi nama ije mu gihe hamaze igihe hari agatotsi mu mubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo. U Rwanda rushinja iki gihugu gucumbikira abafite imigambi yo kuruhungabanyiriza umutekano.
Inkuru bifitanye isano: https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-na-afurika-y-epfo-bigiye-guhurira-mu-biganiro-byo-kuzahura-umubano



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!