Ibyishimo byari byinshi ku maso ya benshi bari bambaye udupfukamunwa, imodoka zongera kubisikana mu mihanda ya Kigali ariko amaduka y’ubucuruzi hirya no hino afungurwa, nk’uko byahoze mbere ya tariki 22 Werurwe 2020.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 30 Mata igamije kongera kwiga ku cyorezo cya COVID-19 n’ingamba nshya zo kugikumira, yemeje ko bumwe mu bucuruzi na serivisi bifungurwa ariko bigakorwa mu buryo bwubahiriza ingamba zo kwirinda Coronavirus.
Mu nzego zasubukuye imirimo kuri uyu wa Mbere harimo amasoko yasabwe kujyamo umubare w’abatarenze 50% by’abacuruzi bemerewe kuyakoreramo, inganda n’imirimo y’ubwubatsi byatangiye hifashishwe abakozi b’ingenzi ndetse na hoteli na restaurants. Byose byemerewe gufungura imiryango kugeza saa moya z’ijoro.
Ingendo z’imodoka bwite na rusange nazo zafunguwe ariko imodoka rusange zitegekwa gutwara kimwe cya kabiri cy’abagenzi zari zemerewe gutwara. Ingendo hagati y’Intara ariko ziracyafunze.
Abanyamakuru ba IGIHE bazindutse bareba uko imirimo yasubukuwe, basanze imirongo miremire ahategerwa imodoka kubera ko imodoka zifite umubare ntarengwa w’abo zemerewe gutwara. Abagenzi batambaye udupfukamunwa ntibemererwaga kugenda kandi basabwaga kubanza gukaraba mbere yo kwinjira.
Ku byapa bitegerwaho abagenzi, hari aho guhana intera ya metero bitubahirizwaga nubwo ari amwe mu mabwiriza yatanzwe yo kwirinda coronavirus.
Muri aya mabwiriza mashya azamara ibyumweru bibiri kandi, ingendo zirabujijwe nyuma ya saa mbiri z’ijoro kugeza saa kumi n’imwe za mu gitondo, keretse uwabiherewe uburenganzira.
Uko ibikorwa mu mujyi wa Kigali byasubukuwe mu mafoto
Amafoto: Niyonzima Moïse, Mushimiyimana Azeem & Hakizimana Thamimu



















TANGA IGITEKEREZO