00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Isura y’u Rwanda: Amafoto agaragaza ubwiza bwa stade zizakinirwaho Chan

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 14 January 2016 saa 06:13
Yasuwe :

Afurika yose ihanze amaso i Rwanda, Abanyaburayi barambagiza nabo niho agatima gatera kerekeza bati reka turebe ko twabonayo nka ba Eto n’abandi bakiri bato babishoboye.

Kuva kuwa Gatandatu tariki ya 16 Mutarama 2016 kugera kuya 7 Gashyantare, U Rwanda ruzakira irushanwa ry’amakipe y’ibihugu ku bakinnyi bakina muri shampiyona z’imbere mu bihugu rizwi nka CHAN.

Iri rushanwa riri mu yubahwa cyane kuri uyu mugabane dore ko rihuruza ibihangange mu mupira w’amaguru. Ryashyizwemo ingufu ku buryo bukomeye kugira ngo rirusheho kuzamura impano no kumenyekanisha abakinnyi bakiri bato bakina muri Afurika.

Ibihugu 16 byose biraba bihatanira kwegukana iki gikombe na sheki y’ibihumbi 750 by’amadorali ya Amerika asaga miliyoni 560 z’amafaranga y’u Rwanda.

U Rwanda nk’igihugu cyakiriye irushanwa rwakoze iyo bwabaga kugira ngo imyiteguro igende neza hubakwa ibibuga bishya hanasanwa ibyari bisanzwe.

Amafaranga agera kuri miliyari 16 na miliyoni 200 niyo ngengo y’imari yateganyijwe mu mikino ya CHAN. Agera kuri miliyari ebyiri azakoreshwa mu bikorwa byo kwakira abakinnyi no kubaha ibindi nkenerwa mu gihe Miliyari 14.2 yifashishijwe mu kubaka ibikorwa remezo.

Mu gihe hasigaye amasaha macye ngo iyi mikino itangire, ibibuga byose byamaze gutungana ku buryo n’ubu imikino yaba nta nkomyi.

Byose bisize amarange arimo amabara y’umuhondo, icyatsi ndetse n’ubururu nk’ibirango by’u Rwanda.

Mu mafoto: Guhera i Kigali kuri Stade Amahoro kugera i Rubavu ibibuga byaratunganyijwe

Stage Amahoro

Kuri Stade Amahoro ubu hari abana bari kwitoza uko bazaseruka bafite amaberendera y’ibihugu bigiye gukina. Imyiteguro yo gutunganya iyi stade yageze ku musozo dore ko n’ibyapa byamamaza iri rushanwa byamaze gushyirwa mu nkengero z’ikibuga.

Televiziyo ya Super Sports yamaze kugera mu Rwanda ngo izerekane iyi mikino

Stade ya Kigali i Nyamirambo

Iyi sitade yaravuguruwe uhereye ku kibuga kugera mu byicaro no mu rwambariro rw’abakinnyi n’ahandi hose.

Stade ya Kigali iteye amabengeza
Imyanya yasizwe irange ihabwa na nimero
Ikibuga nacyo kiratunganyije neza
Icyatsi, umuhondo n'ubururu
Amatara arahari ngo bizafashe imikino izaba nijoro
Amabendera aranga aho ikibuga kigarukira
Incundura z'amazamu nazo zirahari zitegereje imipira y'ibitego
Hari n'ikibaho kigaragaza iminota n'ibitego
Imirongo mu kibuga nayo yasizwe neza

Stade ya Huye

Stade ya Huye yamaze kuzura ndetse yanatashwe ku mugaragaro aho Mukura VC na Amagaju ariyo makipe yaganuye iki kibuga mbere y’andi.

Iyi stade yashyizwemo ibyangombwa byose nkenerwa, ibikoresho bifasha mu isuku, amatara amurika mu ijoro ku buryo watoragura urushinge n’ibindi.

I Huye naho buri kimwe cyose kiri mu mwanya wacyo

Stade ya Rubavu

Iyi Stade yakiniweho umukino wa gishuti wahuje u Rwanda na Cameroon ndetse n’uwaruhuje na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu rwego rwo kuyitaha.

Aya mafoto ni ay’igihe u Rwanda rwanganyaga na Cameroon igitego kimwe kuri kimwe tariki ya 6 Mutarama 2016.

Icyumba kiberamo ikiganiro n'abanyamakuru nyuma y'umikino

Amafoto: Faustin Nkurunziza – Rwanda Gov


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages