Byari biteganijwe ko isomwa ry’urubanza rwabo ku bujurire bwaburanishijwe ku wa 16 Ukuboza n’Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge riba ku wa 21 Ukuboza 2021.
Saa Kumi n’imwe n’igice ni bwo Inteko y’Umucamanza umwe yinjiye mu cyumba cy’urukiko avuga ko isomwa ry’urubanza ryari riteganyijwe ryimuriwe ku wa 23 Ukuboza 2021 Saa Cyenda z’igicamunsi.
Nsengimana Théoneste areganwa na Sibomana Syvain, Nsengimana Hamad, Ndayishimiye Jean Claude, Nahimana, Marcel, Masengesho Emmanuel, Mutabazi Alphonse na Rucubanganya Alexis.
Aba bose bakurikiranyweho n’Ubushinjacyaha ibyaha bitatu birimo icyaha cyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icyo gutangaza amakuru y’ibihuha n’icyaha cyo kwangisha u Rwanda muri Leta z’amahanga.
Bose kuva batangira kuburana ifunga n’ifungurwa ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro bahakana ibi byaha byose, ahubwo bagasaba ko urukiko rwabarekura kuko ifatwa ryabo ritubahirije amategeko.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!