00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inyubako ikoreramo Masaka Farms i Masoro yahiye (AMAFOTO)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 11 July 2026 saa 01:31
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko inkongi y’umuriro yibasiye inyubako yitwa Zara Investment ikoreramo ibigo by’ubucuruzi nka Masaka Farms Factory, ETG Agri Inputs Ltd n’ububiko bw’Abashinwa babikamo liqueur n’ibisuguti.

Iyo nkongi y’umuriro yatangiye ahagana saa Munani z’urukerera [2:00 AM] rwo ku wa 11 Nyakanga 2026, yibasira inzu yo mu cyanya cyahariwe inganda i Masoro, ikoreramo Masaka Farms ikora ibicuruzwa bikomoka ku mata, igice gikoreramo ETG Agri Inputs Ltd cyari kibitsemo ifumbire, imiti y’udukoko two mu mirima n’ibindi bijyanye n’ubuhinzi, ndetse n’ububiko bw’abashinwa bubikwamo liqueurs n’ibisuguti.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yahamirije IGIHE ko inyubako yitwa Zara Investment ikoreramo Masaka Farm Factory, ETG Agri-Import Ltd n’ububiko bw’Abashinwa muri Kigali Special Economic Zone yafashwe n’inkongi y’umuriro mu ijoro ryacyeye hangirika byinshi.

Ati “Ni umuriro watangiye mu masaha y’ijoro uraka urakwira ariko habaho ubutabazi. Nubwo umuriro wazimye ntukomeze mu zindi nyubako ariko hangiritse byinshi tutaramenya agaciro kabyo. Kugeza ubu mu gitondo ni bwo umuriro ubashije kuzima neza neza imyotsi igahagarara.”

ACP Rutikanga yavuze ko ibi bigo byose byibasiwe n’inkongi y’umuriro bifite ubwishingizi.

Yahamije ko nta muntu wahakomerekeye cyangwa ngo ahaburire ubuzima kuko muri ayo masaha y’igicuku nta bantu bari barimo.

Ati “Abari bahari ni abantu bake bateguraga ibizakorwa mu gitondo cy’uyu munsi babashije gutabaza. Harimo igihombo kugeza ubu tutabashije kumenya agaciro kacyo ariko hari byinshi bitabashije kurokoka.”

ACP Rutikanga yavuze ko ahantu hari ibikoresho by’ubuhinzi, ifumbire n’imiti yo kwica udukoko ari ibintu bifata umuriro cyane ku buryo byahise bigurumana.

Polisi yatabaye n'ingoga izimya iyi nkongi
Kugeza mu gitondo cyo ku wa 11 Nyakanga Polisi y'u Rwanda yari ikiri kuzimya iyi nkongi
Polisi y'u Rwanda yavuze ko ibyangiritse ari byo byinshi cyane
Kugeza ku manywa imyotsi yari ikizamuka muri iyi nyubako
Ibyabashije kurokoka iyi nkongi ni ni bike cyane, gusa ba nyirabyo bari bafite ubwishingizi
Polisi yatabaye hakiri kare ibuza umuriro gukwira mu nzu nyinshi zo mu Cyanya cy’Inganda cya Kigali
Inyubako zagizweho ingaruka ziri mu cyanya cyahariwe inganda cya Kigali

AMAFOTO: Rusa Prince


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages