RwandAir yatangaje ko ingendo WB452 na WB453 zari ziteganyijwe ku wa 31 Kanama 2026 zahagaritswe kubera ibibazo bikomeje kugaragara mu mikorere y’ibikorwa byo kugenzura urujya n’uruza rw’indege ku Kibuga Mpuzamahanga cya Jomo Kenyatta i Nairobi.
Iyi sosiyete yavuze ko ikomeje gukurikirana uko ikibazo gihagaze no gukorana n’inzego bireba kugira ngo igabanye ingaruka zigera ku bagenzi. Abari bafite amatike y’izo ngendo bazongera gutegurirwa izindi ngendo.
Iki kibazo cyaje nyuma y’uko ibikorwa ku Kibuga Mpuzamahanga cya Jomo Kenyatta n’ibindi bibuga by’indege muri Kenya bihungabanye kubera imyigaragambyo y’abakozi bo mu nzego zishinzwe imikorere y’ibibuga by’indege n’indege za gisivili.
Amakuru aturuka muri Kenya avuga ko abakozi b’Ikigo gishinzwe ibibuga by’indege muri Kenya (KAA) n’Ikigo gishinzwe iby’indege za gisivili (KCAA) bagabanyije ibikorwa byabo mu rwego rwo kugaragaza ko batishimiye bimwe mu bibazo biri mu kazi kabo. Ibi byatumye indege nyinshi zitinda guhaguruka ndetse n’abagenzi benshi batinda ku bibuga by’indege.
Kugeza ubu, KCAA yatangaje ko ibiganiro n’abakozi bitaragera ku musaruro ushimishije, mu gihe indege zimwe zakomeje gutinda cyangwa zigahindurirwa inzira.
Mbere y’izi ngendo WB452 na WB453, RwandAir yari yatangaje ko yahagaritse ingendo WB402 na WB403 zari ziteganyijwe ku wa 30 Kanama 2026 kubera ibibazo by’imicungire y’ingendo z’indege byari byagaragaye kuri JKIA.
Icyo gihe, RwandAir yari yavuze ko abagenzi bari bafite amatike y’izo ngendo bazongera gutegurirwa izindi ngendo, mu gihe itsinda ryayo ryakoraga ibishoboka kugira ngo rigabanye ingaruka zishobora guterwa n’iki kibazo.
Kugeza ubu, RwandAir ikomeje gukorana n’abagenzi bagizweho ingaruka n’ihagarikwa ry’ingendo kugira ngo babone ubundi buryo bwo gukomeza ingendo zabo.
Flight Cancellation Update: WB452/453 | 31 Aug 2026.
Due to ongoing operational constraints affecting air traffic control services at Jomo Kenyatta International Airport (NBO), flights WB452/WB453 on 31 August 2026 have been cancelled.
We continue to closely monitor and assess… https://t.co/zNPXWNSupR
— RwandAir (@FlyRwandAir) August 31, 2026



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!