Nk’uko umwe mu bari ahabereye iyo mpanuka yabitangarije IGIHE, iyo kamyo yari ipakiye mazutu igeze mu Mudugudu wa Gikarani, Akagari ka Nengo, Umurenge wa Gisenyi icika feri, irakonkoboka igonga igikuta cy’ibitaro n’abari bakegereye.
Kugeza saa kumi n’imwe z’umugoroba (5:0pm) hari hamaze kumenyekana abantu 6 bapfuye, barimo n’umwe mu bari bayirimo, mu gihe abandi 4 hataratangazwa amakuru yabo, niba baba bakiri bazima cyangwa niba bapfuye.
Abakomeretse bo ntihamenyekanye umubare, ariko ni bo 10 bakomeretse bikomeye, bakaba barimo kuvurirwa muri ibyo bitaro bya Rubavu.



















TANGA IGITEKEREZO