Yabitangarije mu Karere ka Karongi, ku wa 21 Werurwe 2025, mu birori byo gutaha ku mugaragaro umuyoboro w’amazi Mukura-Murundi wahaye amazi abaturage barenga ibihumbi 25 barimo abo mu Karere ka Rutsiro n’abo mu karere ka Karongi.
Eng. Maniraruta yavuze ko Abanyarwanda bafite amahirwe yo kuba baravukiye mu gihugu gifite amazi ahagije, bikiyongeraho ko u Rwanda rufite ubuyobozi bwiza bushyira imbaraga mu kubungabunga umutungo kamere w’amazi.
Nubwo bimeze bityo ariko ngo hari ikibazo cy’abaturage bangiza ibikorwaremezo by’amazi, aho usanga hari abiba imifuniko y’ikigega n’ibindi bikoresho bikozwe mu byuma bakajya kubigurisha mu byuma bishaje.
Avuga ko ubu bujura bugira ingaruka ku mibereho myiza y’abaturage no ku bukungu bw’igihugu.
Ati "Abantu rero turabakangurira y’uko barekera aho kwiba ibikorwaremezo by’amazi. Ingaruka zihari nk’uyu munsi muri WASAC Group hari kubarurwa imiyoboro y’amazi igera muri 450, hari iyo WASAC yamaze gushakisha amafaranga yo gusana, hari n’itarabonerwa amafaranga kugira ngo tuyisane. Byangizwa n’abaturage bagenzi bacu kuko nta muturage wo hanze uza kubyiba".
yakomeje agaragaza ko Minisiteri y’Ibikorwaremezo isaba uruhare rwa buri wese mu kurwanya ubujura bw’ibikorwaremezo kuko iyo byibwe bigira ingaruka ku baturage.
Ati "Iyo babyangije gutyo, za ngufu zose twari twarakoze zo kubagezaho amazi ziba zipfuye ubusa. Abaturage basubira kuvoma muri bya bishanga amazi atameze neza ashobora kubatera indwa, hari abasubira inyuma mu bukungu kubera kwishyura amazi amafaranga y’umurengera kuko bongera kujya kuvoma kure, no gutakaza amafaranga mu kujya kwivuza.”


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!