00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imiryango 1620 iri kwimurwa kubera imvura y’itumba

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 March 2025 saa 12:02
Yasuwe :

Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, MINEMA, yatangaje ko mu isesengura yakoze yasanze hari uduce 426 dushobora guteza akaga ubuzima bw’abaturage, bityo imiryango irenga 1620 yari ihatuye ikaba iri kwimurwa ngo ubuzima bwabo butazagirwaho ingaruka n’ibiza.

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyagaragaje ko imvura izagwa idakanganye cyane ariko mu Ntara y’Iburengerazuba ikazahazahaza cyane.

Bigaragazwa ko mu itumba rya 2025, uturere tuzagwamo imvura nyinshi ari Rusizi, Nyamasheke, Rubavu, igice kinini cy’uturere twa Nyamagabe, Nyaruguru, Karongi, Rutsiro, n’Uburengerazuba bw’Akarere ka Nyabihu aho iri mu kigero cya milimetero 450 na 550.

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Politike n’Igenamigambi byo gukumira Ibiza, Adalbert Rukebanuka, ubwo yari mu kiganiro ‘Kubaza bitera kumenya’ ku wa 23 Werurwe 2025, yavuze ko isesengura ryakozwe ryagaragaje ahantu 426 hashobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage.

Ati “Dufite ahantu 426 mu gihugu twabonye ko hashobora gutera akaga abaturage ni na yo mpamvu hari imiryango igomba kuva aho hantu igera ku 1622. Ubu barimo kubimura kugira ngo iyi mvura nyinshi itazabahasanga.”

Rukebanuka yahamije ko abo bagomba kwimurwa ariko hakanakomeza gutegurwa ahantu hashobora kwimurirwa abandi mu gihe byaba bibaye ngombwa.

Ati “Abo rero bagomba guhungishirizwa ubuzima bwabo, nyuma yo kuhabimura tunateganya ahantu dushobora guhuriza abandi bibaye ngombwa ko himuka n’abandi benshi tukahategura, tukanegerezayo ibikoresho bya ngombwa bishobora gutunga abantu.”

Magingo aya muri buri gace aho bikekwa ko ibiza bishobora kwibasira abantu hashyizwe site n’ibikoresho byakwifashishwa mu butabazi.
Ku mugoroba wo ku wa 18 Werurwe 2025, mu Karere kose ka Gatsibo haguye imvura nyinshi isenya inzu 126, inangiza hegitari 60 z’urutoni, abagizweho ingaruka n’ibyo biza bakaba bari gusanirwa inzu abandi bakubakirwa.

Imiryango irenga 1620 iri kwimurwa ihungishwa imvura y'itumba ngo itabagiraho ingaruka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .