00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakora ubwikorezi mpuzamahanga bw’ibicuruzwa bagiye kujya basabwa icyangombwa

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 27 January 2025 saa 07:32
Yasuwe :

Abakorera ibigo bikorera mu Rwanda byohereza n’ibitumiza ibicuruzwa mu mahanga, bagiye kujya basabwa icyangombwa mpuzamahanga kibemerera gukora iyo mirimo gitangwa n’ishuri ry’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubwikorezi bw’Imizigo (CILT).

Ni icyangombwa gihabwa abasanzwe bakora muri urwo rwego nyuma yo kwiga amasomo atangirwa muri CILT Rwanda, ndetse ubu hari n’abamaze kuyarangiza bageze ku isoko ry’umurimo bafite icyo cyangombwa.

U Rwanda ruteganya gukorana n’abanyamwuga bafite icyo cyangombwa gusa mu rwego rwo guca akajagari kagaragara mu bwikorezi mpuzamahanga bw’ibicuruzwa, kubera kudahuza ubumenyi mu byo bakora bibagaragaramo.

Umuyobozi wa CILT mu Rwanda, Mugabo Patrick, yatangaje ko intego yo gusaba icyo cyangombwa ishingiye ku muvuduko w’ishoramari mpuzamahanga mu Rwanda rikeneye gukorana n’abanyamwuga.

Ati “Nk’inganda cyangwa ibindi bigo bigenda bifungura imiryango mu Rwanda, mu minsi mike nta mpungenge bizongera kugira [ku bakora ubwikorezi bw’ibicuruzwa]. Urwego rw’ubwikorezi bw’ibicuruzwa ruzaba rukomeye kandi rurimo abanyamwuga benshi.”

Mugabo yongeyeho ko ibyo bizatuma izo nganda n’ibigo bishora imari mu Rwanda bitongera gutumiza abakozi mu bwikorezi bo mu mahanga bahenze kuko mu gihugu bazaba bahari bahagije.

Umuyobozi Mukuru wa CILT, Teete Uwusu Nortey, yatangaje ko u Rwanda ari igihugu gitanga icyizere ku ishoramari ry’ahazaza bityo ko gikwiye kugira abanyamwuga mu bwikorezi bw’ibicuruzwa.

Ati “Iyo tuje gusura ibihugu tuba tugiye kongerera ubumenyi abantu bacu ari byo turimo hano mu Rwanda kandi twizeye ko bizagenda neza.”

Bamwe mu biga mu ishuri rya CILT Rwanda babwiye RBA ko ubumenyi bari guhabwa buziba icyuho mu rwego bari bafitemo intege nke mu kazi.

Umwe yagize ati “Urebye mu Rwanda ibicuruzwa byinjira ndetse n’ibisohoka bimaze kwiyongera ku kigero kigereranyije. Rero hakenewe abanyamwuga babizobereye kandi babisobanukiwe. Dushaka kuba abanyamwuga nyakuri, batanga umusaruro mu buryo bukwiriye.”

Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubwikorezi bw’Imizigo (CILT), cyatangiye gukorera mu Rwanda mu 2021 gihita gishyira ku isoko ry’umurimo abagera kuri 67 cyari kimaze guha ibyangombwa.

Abakora mu bwikorezi mpuzamahanga bw'ibicuruzwa mu Rwanda bagiye kujya basabwa icyangombwa kibemerera gukora iyo mirimo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .