00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imanza zirenga ibihumbi 19 zarangijwe hisunzwe gahunda ya ‘plea-bargaining’

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 15 March 2025 saa 07:24
Yasuwe :

Kuva mu Ukwakira 2022 kugera muri Werurwe 2025, imanza 19.527 z’inshinjabyaha zari zaregewe inkiko zarangiye hakoreshejwe gahunda yo kumvikanisha ubushinjacyaha n’uwakoze icyaha bizwi nka (plea-bargaining).

Ni mu gihe kuva mu 2017 kugera mu 2025, imanza 9.087 z’imanza mbonezamubano, ubucuruzi, umurimo n’ubutegetsi zari zaregewe inkiko zakemutse binyuze muri iyo gahunda, harimo enye zifite agaciro ka miliyari 20.9 Frw.

Ibi byagarutsweho n’Ikigo gishinzwe ishyirwa mu bikorwa rya politiki yo gukemura amakimbirane binyuze mu nzira y’ubuhuza, ADR (Alternative Dispute Resolution), ubwo cyaganiraga n’itangazamakuru ku wa 14 Werurwe 2025.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutabera, Théophile Mbonera, avuga ko iyi politiki yagiyeho mu rwego rwo kugabanya imanza zijya mu nkiko ndetse n’ibirarane by’imanza inkiko zabaga zifite.

Avuga ko ibyo birarane byarengaga 60% gusa kuva hatangiye gukoreshwa ubu buryo bwo gukemura imanza hatisunzwe inkiko zimaze kugera kuri 54%.

Akomeza asobanura ko iyi politiki kandi igabanya umwanya umuntu ata mu nkiko aburana nyuma ugasanga no kubona ibyo yatsindiye na byo bigoranye.

Yongeyeho ko ishyigikira intego y’igihugu yo kubanisha neza abaturage kuko bituma n’abafitanye amakimbirane badafatana nk’abahanganye.

Ati “ Ntabwo tugaya uruhare rw’inkiko mu gukemura amakimbirane, ariko iyo zikemura amakimbirane hari utsinda n’utsindwa, biragoye ko wabona uwatsinzwe wanyuzwe, atari uko inkiko zaciye urubanza nabi ahubwo ari uko ari we wifuzaga gutsinda. Ibyo rero bituma ahorana ubwo burakari bigatuma yumva atanakomeza kubana na mugenzi we.”

Yavuze ko inyungu iri mu gukemura amakimbirane binyuze mu buhuza ari uko mwese mufata umwanzuro mwumvikanyeho bigatuma, ubucuti, ubumwe, imibanire myiza, iba ntamakemwa mu muryango cyangwa hagati y’abo bantu babiri.”

Mbonera yagaragaje ko ikibazo gihari ari icy’imyumvire y’abaturage bacyumva ko kujya mu nkiko ari byo byiza kurusha kujya mu bunzi nyamara birengagije umwanya n’amafaranga batakaza mu nkiko.

Avuga ko abandi bifashisha abunzi batabiherewe uburenganzira ndetse batabifiteho ubumenyi buhagije.

Politiki yo gukemura amakimbirane hatisunzwe inkiko yashyizweho n’inama y’Abaminisitiri mu 2022 ndetse mu 2024 hashingwa Ikigo gishinzwe gushyira mu bikorwa iyi politiki.

Gahunda ya ‘plea-bargaining’ ni imwe mu zifasha mu kugabanya ubucucike mu magororero
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Ubutabera, Théophile Mbonera yasabye abanyamakuru guteza imbere politiki yo gukemura amakimbirane hatisunzwe inkiko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .