00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ikibuga cy’indege cy’i Munich cyongeye kuba nyabagendwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 October 2025 saa 10:10
Yasuwe :

Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cy’i Munich mu Budage cyongeye gufungurwa nyuma y’umunsi umwe gifunzwe. Ku wa 2 Ukwakira 2025 hagaragaye drones nyinshi zitembera hafi yacyo bituma ingendo zihagarikwa mu kwirinda ibyago zateza.

Byatumye ingendo 17 zisubikwa bikoma mu nkokora abagenzi 3000 bagombaga kugoresha iki kibuga bagiye mu bice bitandukanye. Bahawe aho kuba banahabwa ibiribwa n’ibiryamirwa mu gihe hategerejwe ko icyo kibazo cya drones gikemuka.

Izo drones zagaragaye nijoro ku wa 2 Ukwakira 2025. Kuko hari umwijima mwinshi, ntabwo abagenzura ingendo zo mu kirere kuri iki kibuga babashaga kubona ingano cyangwa ubwoko bw’izi ndege ngo zibe zakumirwa.

Muri iyi minsi u Burayi buhanganye na drones nyinshi ziba zitembera hafi y’ibibuga by’ingege bikoreshwa n’abagenzi benshi. Ibyabaye mu Budage biherutse kuba muri Danemark no muri Norvège.

Ntiharamenyekana inkomoko y’izi drones, ariko hakekwa u Burusiya.

Ni ibibazo byahagurukije abo mu Burayi. Ku wa 1 Ukwakira 2025, bahuriye i Copenhagen muri Danemark hagamijwe gukaza umutekano no gushyiraho ingamba zikumira izi drones.

Perezida w’Umuryango w’Ububwe bw’u Burayi, Ursula von der Leyen yagize ati “u Burusiya buri kutugerageza ari na ko bushaka guteza umwiryane muri twe.”

Nubwo ku wa 2 Ukwakira 2025, Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, mu buryo bw’urwenya yavuze ko agiye guhagarika kohereza izi drones muri Danemark, ariko u Burusiya muri rusange bwahakanye ibyo kuba inyuma y’iki kibazo.

Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cy’i Munich mu Budage cyari kimaze iminsi kidakora

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages