00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ikaze ku musozi wa Rebero wabaye ishusho y’u Rwanda rushya (Amafoto)

Yanditswe na Rusa Willy Prince
Kuya 12 January 2025 saa 07:32
Yasuwe :

Mu myaka 25 ishize, umusozi wa Rebero wari ugizwe n’ishyamba, bigatuma abatuye Kigali badakunda kuhagenderera by’umwihariko mu masaha y’ijoro, cyane ko n’ingo zahabarizwaga zari mbarwa.

Bake cyane muri twe, nibo bashoboraga kwiyumvisha ko mu myaka 25 gusa, iyi Rebero izaba ari ishusho y’iterambere ry’u Rwanda kuko ahari ishyamba ritagendwa, ubu habaye agace kagendwa ijoro n’amanywa. Ku gihugu nk’u Rwanda kiri mu nzira y’amajyambere, aka gace ni ishusho y’ibishoboka.

Kuri ubu Rebero iratuje, irakeye, iratoshye.

Kuri bamwe bifuza gutembera n’amaguru, cyangwa se abakunda gukora siporo yo kwiruka n’amaguru, Rebero ni ijuru rito, umugani wa Christopher. Aha hantu hazwi ku kayaga keza kahaboneka, ibi bikaba umusaruro w’uko mu kubaka ibikorwaremezo, ingingo yo kurengera ibidukikije no gutera ibiti cyangwa kubizigama, yitaweho cyane.

Tukivuga iby’ijuru rito, bamwe mu basirimu babonye izina ribereye uyu musozi, bakayita ijuru rya Kigali. Impamvu iroroshye kuyumva, aha hantu ubwaho ni ku musozi hejuru. Uri i Rebero, ushobora kubona mu Mujyi rwagati, ukareba hakurya za Remera na Kimihurura.

Kuva ku mihanda itamirijwe ubusitani buhagazemo ibiti bitanga umutuzo n’umwuka ukeye, Rebero ni ijuru ry’abifuza kuruhuka, ikaba ijuru ry’abifuza kureba Kigali mu mfuruka zayo nyinshi, ikaba ijuru ry’abifuza kuryoherwa n’ayabo bakorera abavunnye, bagakenera umwanya wo kwisana no kwisazura hamwe n’inshuti n’imiryango.

Restaurant n’utubari bigezweho, gyms na hoteli bitagira uko bisa Rebero byose irabigufitiye.

Nyir’amaso yerekwa bike ibindi akirebera, irebere iyi Rebero nkuratira, ndabizi neza uraba umuhamya w’ibyo nkubwiye.

Iyo ugana ku i Rebero uturutse i Gikondo, ahazwi nka SEGEM

Aha ni i Gikondo, ahazwi nka SEGEM, ni ho hatangirira umuhanda uzamuka ugana ku i Rebero
Uyu ni umuhanda wa Gikondo, uzamuka ugana ku i Rebero
Kuva aha SEGEM ujya ku i Rebero, moto ishobora kuguca 800 Frw, ariko biterwa n'agace ka Rebero werekezamo
Aha ni ku muhanda uzamuka ugana ku i Rebero
Uzamuka ku i Rebero, ugenda ubona iterambere riri i Gikondo
Umuhanda ugana ku i Rebero ukozwe neza
I Gikondo hagaragara ibikorwaremezo bitandukanye, aha ni mu nzira ucamo ugana Rebero
Uyu ni umuhanda ugana muri 'quartier' za Gikondo ucaho ugana Rebero
Aha uba uri kurenga Merez ya 2, winjira neza neza ku i Rebero (uhagana aca mu muhanda w'ibumoso)
Uyu ni umuhanda ugana ku i Rebero nyirizina
Ibiti bikikije imihanda utangira kubibonera mu muhanda w'amabuye uzamuka ugana Rebero
Uyu ni umuhanda w'amabuye ugana ku i Rebero
Uyu muhanda w'amabuye ni ikirango cy'uko uri kwinjira ku i Rebero, hepfo umanuka, ni i Gikondo

Rebero, ishusho y’imiturire ibereye u Rwanda rushya

Isuku igira isoko, mu nzira hose uhasanga udusanduku rwagenewe gushyirwamo imyanda
Ibyapa birangira abagenzi biri hose ku i Rebero
Aha ni ku masangano ya Rebero, umuhanda uzamuka ugana za Nyanza ya Kicukiro na Canal Olympia, umuhanda ugana iburyo ugakomeza za Nyamirambo, mu gihe umuhanda uri ibumoso ari uturuka Gikondo

Ibidukikije byitaweho ku i Rebero

Aha tugeze hafi y'umuhanda wa kaburimbo uri ku i Rebero
Biroroshye kubona ko imihanda igana Rebero ituje
Ibiti bikikije imihanda utangira kubibonera mu muhanda w'amabuye uzamuka ugana Rebero
Uyu ni umuhanda w'amabuye ugana ku i Rebero
Uyu muhanda w'amabuye ni ikirango cy'uko uri kwinjira ku i Rebero, hepfo umanuka, ni i Gikondo

Ku i Rebero hari ibikorwa birimo iby’ishoramari n’ibindi bitandukanye

Uri ku i Rebero, uba ushobora kwitegereza ibice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali

Amafoto: Rusa Willy Prince


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .