CG Namuhoranye hamwe na mugenzi we, CG Demelash Gebre Michael Weldeyes, bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye (MoU) hagati ya Polisi y’u Rwanda na Polisi y’Igihugu ya Ethiopia, kuri uyu wa Mbere.
Aya masezerano agamije guteza imbere ubufatanye mu gukomeza kubaka amahoro, umutekano n’iterambere, ndetse no gukumira ibibazo bihungabanya umutekano rusange no kubaka ubushobozi bw’inzego za polisi zombi.
Uru ruzinduko rubayeho nyuma yuko muri Nzeri 2024 CG Felix Namuhoranye, yakiriye Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi ya Ethiopia, DCG Workneh Dagne Nebiyou, baganira ku gushimangira ubufatanye busanzwe hagati ya Polisi z’ibihugu byombi.
Usibye ubufatanye hagati ya Polisi z’ibi bihugu, bisanzwe bikorana cyane mu kungurana ibitekerezo n’imyitozo ya gisirikare.
Muri uyu mwaka wa 2024 kandi u Rwanda na Ethiopia basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego eshanu zirimo ubufatanye mu bya politiki n’ubujyanama, ubucuruzi, siporo, kugabanya ibiza no kubicunga, hamwe n’ubufatanye mu ishoramari.
Si ibyo gusa kuko ibihugu byombi bifitanye umubano ushingiye ku bufatanye mu nzego zirimo ubuhinzi, ubucuruzi, uburezi kandi bifitanye n’amasezerano y’ubufatanye kuri serivisi z’ingendo zo mu kirere zikorwa na RwandAir na Ethiopian Airlines.
Today,
The Inspector General of Police, CG Felix Namuhoranye, is in Ethiopia for an official visit aimed at enhancing the relationship between the police institutions of both countries. CG Namuhoranye and his counterpart, CG Demelash Gebre Michael Weldeyes, signed a Memorandum… pic.twitter.com/3LxhyT5hln
— Rwanda National Police (@Rwandapolice) December 16, 2024
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!