Iri genzura ry’imari ryakozwe n’Ikigo Mpuzamahanga gikora Ubugenzuzi, Deloitte, ni kimwe mu bikomeje gusabwa n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, IMF, nk’uburyo bwo kurushaho gukorera mu mucyo ku rwego mpuzamahanga.
Muri iyo nyandiko hagaragaramo ko Banki Nkuru ya RDC ifite amadeni y’ibihugu birimo u Rwanda n’u Burundi. RFI yatangaje ko ari raporo yasabwe na IMF, mbere y’uko hatangira ibiganiro ku bufatanye n’iki kigega.
Iyo raporo igira iti “Mu gihe hategerejwe ishyirwaho ry’uburyo bwo kwishyura, ibirarane BCC ibereyemo banki z’abafatanyabikorwa binyuze muri gahunda y’ifaranga ya CEPGL ntabwo byahindutse kugeza ku wa 31 Ukuboza 2019. Harimo aya Banki Nkuru y’u Rwanda n’aya Banki ya Repubulika y’u Burundi angana na DTS 908,973.35 (hafi miliyoni $1.3) na DTS 2,950,522.99 (asaga miliyoni $4.1) nk’uko bikurikirana.”
Iyi raporo yasembuye ibitekerezo byinshi by’abakurikiranira hafi ubukungu na politiki bya RDC, bagaragaje ko kugeza ku wa 31 Ukuboza 2019, ubukungu bwa RDC mu bijyanye n’imari bwari mu mutuku.
Umwe mu bakurikiranira hafi ibijyanye n’amabanki muri RDC, Jean-Jacques Lumumba, yatangaje ko muri iyo raporo yagiye hanze harimo amafaranga menshi ariko adatangirwa ibisobanuro mu buryo burambuye.
Ati "Iyi raporo ntabwo isesengura ku ngingo nyinshi, ku bibazo, ndetse ntibasha gusobanura impamvu ibintu biri mu buryo bimezemo.”
Muri iryo genzura hari amafaranga yagaragajwe kuri konti zimwe, nk’iyiswe ’Appui budgétaire Union européenne’, abagenzuzi basanze iriho miliyoni zisaga 50 z’amadolari ya Amerika, mu gihe byagaragaye ko inkunga y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi iheruka gutangwa mu 2010, yajyaga kungana n’ayo mafaranga.
Hari n’indi konti yabonywe mu mazina ya ‘Sommet de la Francophonie’, ifatwa nk’itari ikwiye kuba ikiriho kuko inama yayo yabaye mu 2012.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!