Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Kanama 2026, ubwo yaganirizaga urubyiruko Gatolika rwitabiriye ihuriro ryo ku rwego rw’igihugu ryabereye muri Cathedrale ya Byumba, mu Ntara y’Amajyaruguru.
Iri huriro ryitabiriwe n’urubyiruko ruturutse muri Diyosezi Gatolika icyenda zo mu Rwanda
Musenyeri Sinayobye yavuze ko urubyiruko ko rukwiye kugira inyota yo kumenya Imana no kuyegera, kurusha gukururwa n’ibyishimo by’akanya gato bishobora kubagiraho ingaruka.
Yagize ati “Ibyuma biragatsindwa n’Imana y’i Rwanda, mugire inyota yo kumenya Imana…Ibyuma birica, mubyirinde.”
Ubu butumwa buje mu gihe inzego z’ubuzima mu Rwanda zagaragaje ubukana bw’ingaruka z’inzoga zitujuje ubuziranenge, zirimo iziswe ‘ibyuma’.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko kuva mu ntangiriro za 2026, abantu barenga 500 bari bamaze kujyanwa kwa muganga kubera ibibazo bifitanye isano no kunywa izo nzoga. Muri bo, abarenga 50 barapfuye, mu gihe hafi 100 bahumye burundu
Minisitiri Nsanzimana yavuze ko izo nzoga zitangiza ubuzima gusa, ahubwo ko ingaruka zazo zishobora no kugira uruhare mu bibazo bikomeye by’umuryango n’umutekano w’abaturage.
Guverinoma yafashe ingamba zo guhagarika no gukura ku isoko inzoga zitujuje ubuziranenge, inasaba abaturage kudakora, kudacuruza no kutanywa izizwi nka ‘ibyuma’.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!