00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iburasirazuba: Guverineri Rubingisa yavuze ku kibazo cy’imihanda mibi ijya ku biyaga biri muri iyi Ntara

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 14 April 2025 saa 08:21
Yasuwe :

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yavuze ko bamaze kwemeza ahantu hose hashobora gucishwa imihanda myiza igera ku biyaga biri muri iyi Ntara, mu rwego rwo koroshya ubuhahirane, avuga ko uko amikoro azajya aboneka izajya ikorwa gahoro gahoro.

Intara y’Iburasirazuba ibarizwamo ibiyaga birenga 30, muri iki gihe ahenshi hari kubakwa amahoteli n’ibindi bikorwa bishingiye ku bukerarugendo byinshi. Urugero nko ku kiyaga cya Muhazi hamaze kubakwa Hoteli nyinshi ariko inzira zo kuzigeraho ziracyari ikibazo gikomeye.

Hari umwe mu bashoramari bubatse hoteli ku kiyaga cya Muhazi mu Karere ka Rwamagana, uherutse kubwira IGIHE ko umuhanda ugera kuri hoteli ye wangiritse cyane kandi ari muremure ku buryo atabasha kuwikorera agasaba Leta ko mu gihe baba bubatse ibikorwa by’ubukerarugendo na yo yajya ibafasha mu kubakorera imihanda.

Mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yavuze ko ikibazo cy’ibikorwaremezo ku biyaga byinshi bafite muri iyi Ntara abashoramari bakunze kukibabwira, avuga ko Leta itapfa kubikorera rimwe ko gahoro gahoro hari ibigenda bikorwa.

Ati “Ni byo Intara yacu ifite ibiyaga byinshi n’imigezi ariko usanga bidakoze neza, ubu rero dufite ibishushanyo mbonera by’uturere twinshi byamaze kwemezwa, n’ibitari byemezwa byamaze kuganirwaho ku buryo kwemezwa ari vuba. Ibi bishushanyo biteganya uburyo ubukerarugendo bwakorwamo.’’

Yakomeje agira ati “Icyo kibazo cy’imihanda rero abashoramari benshi bakunda kukitugaragariza, icyakozwe ni ukureba aho iyo mihanda izaca hose hakaba hazwi, uko amikoro agenda aboneka tukagenda duhuza imbaraga, si imihanda gusa n’ibindi bikorwa remezo by’amazi n’amashanyarazi na byo turabizirikana.’’

Kugeza ubu ibiyaga birimo icya Muhazi, Sake, Mugesera n’ibindi byinshi muri iki gihe biri kubakwaho hoteli nziza zigezweho na ba rwiyemezamirimo batandukanye.

Guverineri Rubingisa yijeje abashoramari ko imihanda igera ku biyaga izakorwa
Intara y’Iburasirazuba ibarizwamo ibiyaga byinshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .