00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Equity bank Rwanda yahuguye aborozi barenga 160 ku kongera umukamo n’icungamutungo

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 24 May 2025 saa 03:08
Yasuwe :

Equity Bank Rwanda yahuguye bamwe mu borozi bahagarariye abandi barenga 160 bo mu Ntara y’Iburasirazuba ku kongera umukamo ndetse n’ibijyanye n’icungamutungo, basabwa gutinyuka bakaka inguzanyo zatuma bakora ubworozi kinyamwuga.

Aya mahugurwa y’iminsi itanu yahawe aborozi bahagarariye abandi n’abayobozi b’amakoperative bo muri Nyagatare na Rwamagana, yasojwe ku wa Gatanu, tariki ya 23 Gicurasi 2025.

Umuyobozi Mukuru wa Equity Bank Rwanda, Hannington Namara, yagaragarije aba borozi ko iyi banki ayoboye yifuza ko 30% by’inguzanyo zose itanga yajya mu bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi, abasaba korora kijyambere kugira ngo batere imbere.

Ati “Ubumenyi twabuhawe, amafaranga arahari tuzayahaba. Igisigaye ni ukumenya uko mwayakoresha kugira ngo abyare andi. Impamvu Equity Bank dukora ibi bikorwa ni ukugira ngo aborozi bakire, turashaka ko inguzanyo zose dutanga 30% zizajya zijya mu buhinzi n’ubworozi, nta bandi tuzaha ayo mafaranga rero ni mwebwe.’’

Namara yabwiye aborozi ko nka Equity Bank Rwanda bateguye aya mahugurwa kugira ngo babafashe mu kumenya ibyo bashora mu bworozi n’uburyo babigaruza bakanabona umukamo mwinshi.

Mukanyonga Frida wakurikiranye aya mahugurwa, yavuze ko bize inka icyo ari cyo, imibereho yayo, uko bayigaburira ku buryo yabona amata menshi cyane ku kuziha ubwatsi bwumye kuko bituma zinywa amazi umukamo nawo ukiyongera.

Ati “Batwigishije uko tugomba gutera ubwatsi, uko twazipima tukamenya ibilo byazo kugira ngo bidufashe kumenya nuko twazigaburira, bikanagufasha kumenya uko yavurwa mu gihe yarwara.

Yakomeje agira ati “Ubu rero aya mahugurwa tugiye kugenda tuyigishe abo dufatanya mu korora, turashimira Equity Bank Rwanda yadufashije kumenya ubworozi bugezweho.’’

Murenzi Geofrey we yavuze ko biyemeje kororera mu biraro kuko babonye ko uko inka ikora urugendo ari nako itakaza umukamo.

Ati “Twamenye uburyo twakororera ku butaka buto kandi tukabubyaza umusaruro mu buryo bufatika. Twiyemeje ko tugiye kuva hano tujya gushyira mu bikorwa ibyo twahuguwemo, abanda borozi nabo bazaturebereho ku buryo umukamo wiyongera cyane.’’

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yashimiye Equity Bank Rwanda ku gitekerezo cyiza bagize cyo guhugura aborozi bahagarariye abandi.

Yavuze ko muri iyi ntara bubakiwe uruganda rutunganya amata y’ifu ariko ko aborozi batari banatanga nibura kimwe cya kabiri cya litiro zirenga ibihumbi 600 basabwa buri munsi.

Yasabye iyi banki gushyiraho abakozi bashinzwe inguzanyo z’aborozi mu rwego rwo kubafasha kwaka inguzanyo zo kongera umusaruro. Yabijeje ko kandi nk’ubuyobozi bazakomeza gufatanya mu gushishikariza aborozi kuva mu korora inka za gakondo bakorora izitanga umusaruro.

Intara y’Iburasirazuba kuri ubu ibona umukamo wa litiro ibihumbi 250 ku munsi mu gihe hubatswe uruganda rw’Inyange rutunganya amata y’ifu rufite ubushobozi bwo kwakira litiro ibihumbi 650 buri munsi.

Biteganyijwe ko aya mahugurwa azakomeza gutangwa mu zindi ntara mu rwego rwo gufasha aborozi kongera umukamo binyuze mu kororera ku buso buto no korora inka zitanga umukamo.

Gakwaya Emmanuel uri mu borozi b'icyitegererezo yasabye bagenzi be gushyira mu bikorwa amahugurwa bahawe na Equity Bank Rwanda
Ubuyobozi bwa Equity Bank Rwanda bwavuze ko bwifuza nibura kujya butanga inguzanyo y'ubuhinzi n'ubworozi ingana na 30% bw'izo batanga
Murenzi Geofrey yavuze ko amahugurwa bahawe na Equity Bank Rwanda yatumye bafata icyemezo cyo kuva ku korora inka za gakondo
Umuyobozi w'Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yashimiye Equity Bank Rwanda mu kubafasha kongerera aborozi ubumenyi kubijyanye no kongera umukamo
Umuyobozi Mukuru wa Equity Bank Rwanda, Namara ari kumwe na Mukanyonga Frida ndetse n'Umuyobozi w'Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab
Umwe mu bahuguraga aba borozi wavuye muri Kenya yaberetse uburyo yorora inka nke zitanga umukamo ku butaka buto, aho abonamo miliyoni 4 Frw buri kwezi akura mu mata
Aborozi bishimiye guhabwa amahugurwa azabafasha mu kongera umukamo
Umuyobozi Mukuru wa Equity Bank Rwanda, Hannington Namara, yavuze ko iyo banki yifuza ko 30% by’inguzanyo zose itanga yajya mu bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .