Gen (Rtd) Ibingira yavuze ko nyuma y’urugamba ari mu ba mbere bashatse umugore. Icyo gihe ngo Perezida Kagame yabajije Gen Sam Kaka wari Umugaba Mukuru w’Ingabo impamvu abasirikare basigaye bakora ubukwe bagakata Cake, bakananywa Champagne.
Ati “Aratubaza ati Champagne muzi icyo ari cyo? [...] njye ntagiye kwirarira byo kubabeshya, ari cake ari champagne ntabyo nari nzi. Kandi mu bukwe bwanjye abari bantwerereye cyane abaturutse i Burundi, bari bantwerereye amakarito ya Champagne 40, abwira Kaka, ayo makarito na Amstel zari amakarito 300 muzizane zizajya zakira abashyitsi. Ni ko byagenze.”
Ibisobanuro Perezida Kagame yatanze ni uko Champagne na Cake ari ibintu bikoreshwa n’abantu bishimye kandi ko icyo gihe abasirikare batari bishimye.
Ikindi ngo yakoze ni uko yasabye abasirikare kuva mu nzu bari barabohoje, bishakamo ibisubizo. Ibyo byakurikiwe no kugabanya imidoka zagendaga ziherekeje abasirikare bakuru.
Ibindi yakoze ngo bidasanzwe ni ibijyanye no gusaranganya ubutaka. Ati “Ndi umwe mu bari bafite ubutaka bunini ariko ku butaka nari mfite hatujweho abandi banyarwanda 24 kandi n’umuryango wanjye urongera ubaho. Ibyo nta kindi cyabikora atari ubuyobozi buzima.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!