00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibintu 10 byaranze shampiyona y’umwaka wa 2012-2013

Yanditswe na

Thamimu Hakizimana

Kuya 25 May 2013 saa 07:03
Yasuwe :

Mu gihe Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda ya 2013-2013 yageze ku musozo, hari udushya twinshyi twagiye tukaba twabahitiyemo kubagezaho 10 muri two.
1. Gusubira i Nyanza kw’Ikipe ya Rayon Sports: Ibi byatumye iva kumwanya wa nyuma, ndetse yegukana igikombe cya shampiyona.
2. Umukinnyi udasanzwe w’Ikipe ya Rayon Sports: Uyu ni uwitwa Cédric waje gukinira Ikipe ya Rayon Sports mu mikino yo kwishyura ya shampiyona, ndetse aza kwegukana umwanya w’umukinnyi watsinze ibitego byinshi (…)

Mu gihe Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda ya 2013-2013 yageze ku musozo, hari udushya twinshyi twagiye tukaba twabahitiyemo kubagezaho 10 muri two.

1. Gusubira i Nyanza kw’Ikipe ya Rayon Sports: Ibi byatumye iva kumwanya wa nyuma, ndetse yegukana igikombe cya shampiyona.

2. Umukinnyi udasanzwe w’Ikipe ya Rayon Sports: Uyu ni uwitwa Cédric waje gukinira Ikipe ya Rayon Sports mu mikino yo kwishyura ya shampiyona, ndetse aza kwegukana umwanya w’umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri Shampiyona y’u Rwanda, mu mwaka wa 2012-2013.

3. Ubwitabire ku bibuga: Ubwitabire bwinshi bwabonetse ku bafana b’Ikipe ya Rayon Sports mu gihe cyose yabaga iri bukine.

4. Ihindagurika ry’ibibuga ku Ikipe ya Rayon Sports: Iri hindagurika ryagaragaye kuko ikibuga cyari kizwi ko aricyo Ikipe ya Rayon Sports yakiriragaho ari ikibuga cy’i Muhanga, ariko iyi kipe ikaba yarahakiniye imikino ibarika.

5. Ruswa yagaragaye mu makipe yo mu cyiciro cya mbere: Byavuzwe ko Ikipe ya Muhanga yafashe umuntu wari wahawe amafaranga n’ikipe La Jeunesse, ngo abakinnyi bitsindishe uwo mukino.

Mu Ikipe ya Kiyovu ikina n’Ikipe ya Rayon Sports hashinjijwe umutoza Ntagwabira Jean Marie, kuba yaraanze ruswa ku bakinnyi bamwe ba Rayon Sports ngo bitsindishe, ibyo byaje kuviramo umutoza Ntagwabira gufatirwa ibihano n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amakuru mu Rwanda (FERWAFA).

Hari kandi n’abakinnyi bashinjijwe ko bahawe ruswa, harimo umukinnyi Nzarora, Kawuma Charles, ndetse n’umnyezamu w’Ikipe ya Espoir, aba bakinnyi bose bakaba barashinjwe ruswa ndetse hakaba haravuzwemo gukubitwa k’umusifuzi witwa Louis wo mu kiciro cya Kabiri.

6. Imbaraga nke zagaragaye ku makipe aturuka mu Ntara y’Iburengerazuba: Aya makipe ariyo Étincelles na Marines, kugeza ku munsi wa 26 wa shampiyona yose yari ataramenya ko azaguma mu cyikiciro cya mbere cyangwa azamamanuka mu cya kabiri.

7. Kurumbuka kw’ibitego: Muri shampiyona y’icyiciro cya mbere ikipe ya Polisi FC yatsinze ikipe ya 6-0 ikipe ya Marines, ndetse n’umukino ikipe ya Rayon Sport yatsinze Ikipe ya AS Muhunga ibitego 6-1.

8. Kunengwa cyane kw’imisifurire Muri iyi shampiyona haba ku batoza ndetse no ku bakinnyi, bagiye banenga imisifurire, ingero ni nk’aho umutoza wa AS Kigali Kasambongo yahagurukijwe inshuro ebyiri akurwa ku ntebe y’ubutoza, kubera kutumvikana n’abasifuzi ndetse n’umutoza w’Ikipe ya AS Muhanga Bizimungu Ally utarishimye imisifurire ku mukino wahuje AS Muhanga n’Ikipe ya APR FC i Nyamirambo kuri Stade Régional.

9. Kwirukanwa cyane ku batoza ndetse no kubakinnyi: Mu makipe atandukanye hagiye hagaragara ukwirukanwa haba ku batoza ndetse no ku bakinnyi, aho mu Ikipe ya Rayon Sport umutoza Ally Bizimungu yirukanwe akajta muri AS Muhanga asimbuwe n’umutoza Gomez.

10. Amikoro make ku makipe yo mu ikiciro cya mbere: Ikibazo cy’amikoro cyabaye ingorabahizi aho amwe mu makipe byayateye gusubira inyuma, urugero ni nk’aho Ikipe ya Kiyovu Sports yarangie imikino ibanza iri kumwanya wa mbere wa shampiyona ,mu mikino yo kwishyura ikaba yaratsinze umukino umwe gusa.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .