00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byinjirije u Rwanda miliyari 18,97 Frw mu minsi itanu

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 August 2026 saa 01:09
Yasuwe :

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi buhinzi n’ubworozi, NAEB, cyatangaje ko hagati ya tariki 10 na 14 u Rwanda rwohereje ku isoko mpuzamahanga umusaruro ungana na toni 9902, byinjiza miliyoni 12,95$ (arenga miliyari 18,97 Frw).

Ikawa yoherejwe ku isoko mpuzamahanga muri iki cyumweru ni toni 816, yinjije miliyoni 5,51$, bingana na hafi 42,5% by’amafaranga yose yinjiye muri icyo cyumweru.

Ibindi bicuruzwa bitandukanye bikomoka ku buhinzi byinjije miliyoni 4,76$, yavuye muri toni 7.404 zoherejwe hanze. Ibi bicuruzwa byoherejwe cyane cyane muri Bangladesh no mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Icyayi kiri ku mwanya wa gatatu mu kwinjiza amafaranga menshi, aho hoherejwe toni 437 zinjije miliyoni 1,27$.

U Rwanda kandi rwohereje hanze toni 576 z’imboga, zinjiza 563.649$. Izo mboga zoherejwe mu Bwongereza, u Buholandi, u Buhinde, u Bufaransa no mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Imbuto na zo zinjije 472.759$ zivuye kuri toni 443 zoherejwe muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, u Bushinwa no mu bihugu bya Afurika.

Ibikomoka ku matungo byinjije 349.313$ bivuye muri toni 220 zoherejwe mu bihugu bya Afurika.

Indabo zoherejwe ni toni eshanu, zinjije 30.938$. Zoherejwe muri Nigeria, u Buholandi no mu Bwongereza.

Biteganyijwe ko muri 2029, ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi bizaba byinjiriza u Rwanda Miliyari 1,5$.

Avoka ziri mu bihingwa u Rwanda rwohereza cyane mu mahanga
Ikawa ni igihingwa kimaze imyaka myinshi cyinjiriza u Rwanda amadovize

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages