Ikawa yoherejwe ku isoko mpuzamahanga muri iki cyumweru ni toni 816, yinjije miliyoni 5,51$, bingana na hafi 42,5% by’amafaranga yose yinjiye muri icyo cyumweru.
Ibindi bicuruzwa bitandukanye bikomoka ku buhinzi byinjije miliyoni 4,76$, yavuye muri toni 7.404 zoherejwe hanze. Ibi bicuruzwa byoherejwe cyane cyane muri Bangladesh no mu bihugu bitandukanye bya Afurika.
Icyayi kiri ku mwanya wa gatatu mu kwinjiza amafaranga menshi, aho hoherejwe toni 437 zinjije miliyoni 1,27$.
U Rwanda kandi rwohereje hanze toni 576 z’imboga, zinjiza 563.649$. Izo mboga zoherejwe mu Bwongereza, u Buholandi, u Buhinde, u Bufaransa no mu bihugu bitandukanye bya Afurika.
Imbuto na zo zinjije 472.759$ zivuye kuri toni 443 zoherejwe muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, u Bushinwa no mu bihugu bya Afurika.
Ibikomoka ku matungo byinjije 349.313$ bivuye muri toni 220 zoherejwe mu bihugu bya Afurika.
Indabo zoherejwe ni toni eshanu, zinjije 30.938$. Zoherejwe muri Nigeria, u Buholandi no mu Bwongereza.
Biteganyijwe ko muri 2029, ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi bizaba byinjiriza u Rwanda Miliyari 1,5$.


















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!