Muri iki cyumweru u Rwanda rwohereje mu mahanga toni 9.145.
Ikawa ni yo yinjirije u Rwanda amafaranga menshi muri icyo gihe, aho zari toni 961 zinjije miliyoni 6,67 z’Amadolari. Ibi bituma ikawa ikomeza kuba kimwe mu bicuruzwa by’ingenzi mu byinjiriza igihugu amadovize menshi.
Icyayi cyinjirije igihugu miliyoni 1,28 z’Amadolari, nyuma yo kohereza mu mahanga toni 419. Imboga nazo zinjije 991.055 $, aho toni 270 zazo zoherejwe ku masoko yo mu mahanga.
Ku rundi ruhande, toni 364 z’imbuto zoherejwe mu mahanga zinjiza 454.980$. Izi mbuto zagurishijwe cyane cyane muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, u Buholandi no mu bihugu bya Afurika.
Indabo na zo zoherejwe ku masoko yo mu Buholandi no mu Bwongereza, aho toni 10 zazo zinjije 50.898 $. Ibikomoka ku matungo byo byinjije 425.294 $ nyuma yo kohereza toni 295, ahanini ku masoko yo muri Afurika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!