00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byinjirije u Rwanda arenga miliyari 14,7 Frw mu minsi itanu

Yanditswe na IGIHE
Kuya 12 August 2026 saa 03:37
Yasuwe :

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB, cyatangaje ko ibyoherejwe ku isoko mpuzamahanga kuva ku wa 3-7 Kanama 2026, byinjirije u Rwanda miliyoni 9,9$ (miliyari 14,71 Frw).

Muri iyo minsi itanu, u Rwanda rwohereje mu mahanga ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi bipima toni 8.863, aho ikawa n’icyayi ari byo byinjije amafaranga menshi.

Ikawa yinjije miliyoni $2,58 avuye kuri toni 440 zoherejwe mu mahanga, mu gihe icyayi cyinjije miliyoni $1,8 zivuye kuri toni 615.

Imboga zoherejwe mu mahanga zipima toni 852, zinjiza $832.949. Zoherejwe mu Bwongereza, u Buholandi, u Buhinde, u Bufaransa no mu bihugu bya Afurika.

Imbuto zinjije $317.263 zivuye muri toni 322. Zoherejwe muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Vietnam no mu bihugu bya Afurika.

Ibikomoka ku matungo byinjije $510.183 bivuye muri toni 315 zoherejwe mu bihugu bya Afurika.

Indabo zoherejwe hanze zari toni zirindwi, zinjiza $40.368. Zoherejwe mu Buholandi no mu Bwongereza. Ibi bicuruzwa byoherejwe mu bihugu birimo Singapore, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bufaransa, Bangladesh no mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi byoherejwe mu mahanga byinjirije arenga miliyari 14,7 Frw mu minsi itanu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages