Nyiraminani Anonciata, Umuyobozi w’umudugudu wa Ngoma V yatangarije IGIHE ko mu rugo rwa Niyongira hahoraga amakimbirane aturuka ku businzi no kutita ku muryango.
Mu mugoroba wo kuwa mbere tariki ya 20 Nyakanga 2015, uwo musaza yongeye gutaha yasinze bikomeye, atongana n’umugore ndetse n’abana, kugeza ubwo ubuyobozi bw’umudugudu n’abanyerondo baje guhosha ayo makimbirane yashoboraga no kuvamo imirwano.
Gusa ngo abayobozi basize basabye abo muri urwo rugo kuryama, ariko Niyongira we arabyanga, akomeza kuryama imbere y’umuryango abandi bagakeka ko ari ubusinzi.
Mu masaha ya ninjoro ni bwo yafashe inzitiramibu, ayikoramo umugozi, maze akora ipfundo arimanika mu giti, maze aryimanikamo, arapfa.
Umurambo we wabonetes mu gitondo cy’uyu wa 21 Nyakanga 2015, Polisi ikaba yahise iwutwara ngo habanze hasuzumwe neza niba koko yiyahuye.
Niyongira assize umugore n’abana batanu.
























TANGA IGITEKEREZO