Byabaye mu ijoro rishyira ku wa 24 Kamena 2026, ubwo aba bombi bashyamiranaga, n’ubwo icyo bapfuye kitahise kijya ahagaragara.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yavuze ko polisi yabimenye ku bufatanye n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB).
Yavuze ko bahise batabara basanga umugore yakomerekejwe n’icyuma yatewe n’umugabo we, nawe ari mu mugozi yapfuye.
Ati “Uwo mugabo wari wahohoteye umugore we yari ari mu mugozi bigaragara ko yaba yiyahuye, umurambo we ubu woherejwe mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), gukorerwa isuzuma, ariko n’umugore we na we ni ho arwariye. Ubugenzacyaha bwatangiye iperereza ngo bugaragaze intandaro y’ibi byose.”
CIP Kamanzi yakomeje avuga ko iperereza ry’ibanze rigaragaza ko uyu muryango wari usanzwe ubanye neza, ari nayo mpamvu bahanze amaso ibizava mu iperereza kugira ngo bamenye neza icyateye ibyabaye byose.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!