00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Huye: Birakekwa ko yiyahuye nyuma yo gutera icyuma umugore we

Yanditswe na IGIHE
Kuya 25 June 2026 saa 07:21
Yasuwe :

Sibomana Charles w’imyaka 48 wo mu Mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Rugango, Umurenge wa Mbazi, ho mu Karere ka Huye, yasanzwe mu mugozi yapfuye, bikekwa ko yiyahuye nyuma yo gutera icyuma umugore we.

Byabaye mu ijoro rishyira ku wa 24 Kamena 2026, ubwo aba bombi bashyamiranaga, n’ubwo icyo bapfuye kitahise kijya ahagaragara.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yavuze ko polisi yabimenye ku bufatanye n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB).

Yavuze ko bahise batabara basanga umugore yakomerekejwe n’icyuma yatewe n’umugabo we, nawe ari mu mugozi yapfuye.

Ati “Uwo mugabo wari wahohoteye umugore we yari ari mu mugozi bigaragara ko yaba yiyahuye, umurambo we ubu woherejwe mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), gukorerwa isuzuma, ariko n’umugore we na we ni ho arwariye. Ubugenzacyaha bwatangiye iperereza ngo bugaragaze intandaro y’ibi byose.”

CIP Kamanzi yakomeje avuga ko iperereza ry’ibanze rigaragaza ko uyu muryango wari usanzwe ubanye neza, ari nayo mpamvu bahanze amaso ibizava mu iperereza kugira ngo bamenye neza icyateye ibyabaye byose.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages