00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hatangiye kubonekamo zahabu: Tujyane mu birombe bya Bashyamba byashowemo miliyari 7 Frw

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 9 March 2025 saa 08:25
Yasuwe :

Ikirombe cya Bashyamba giherereye mu Mujyi wa Kigali mu Murenge wa Kigali, gicukurwamo hafi toni 400 za gasegereti ku mwaka. Ayo mabuye acukurwa n’Ikigo cyitwa GAMICO Ltd Mining Company, ndetse ubuyobozi bwayo buhamya ko batangiye kubona ibimenyetso by’uko hari andi mabuye y’agaciro arimo ba zahabu.

Ni ikirombe cy’Umunyarwanda witwa Ndagijimana Jean Philippe wamenye ibanga riri mu bucukuzi, amafaranga atari menshi yari afite akayashoramo, kuva mu 2021 akaba amaze gushora hafi miliyari 7 Frw.

Gasegereti bacukura barayitunganya bakayijyana ku ruganda iri ku rugero rw’ubwiza (purity) rwa 70%, ubundi abo bayihaye bakayitunganyamo icyuma cya ‘tin’ cyifashishwa mu bikoresho bitandukanye by’ikoranabuhanga.

Ibirombe bya Bashyamba byatangiye gucukurwamo amabuye y’agaciro mu 1931 mu gihe cy’abakoloni, ariko GAMICO Ltd Mining Company yinjiramo mu 2021.

Ubu bucukuzi bukorerwa kuri hegitari 200, ndetse mu minsi ishize hatangiye kuboneka ibimenyetso by’uko muri ibi birombe harimo n’andi mabuye y’agaciro nka zahabu. Ni amabuye menshi biteganywa ko yazacukurwa mu myaka 34.

Kugeza ubu GAMICO Ltd Mining Company imaze gukora ’indani’ cyangwa ubuvumo umunani bwose hamwe bungana na kilometero 15 zirimo na metero 120 z’ubujyakuzimu, buri kwezi bagacukura toni 28 ziva ku bitare 300.

GAMICO Ltd Mining Company ikoresha imashini ku rugero rwa 50% mu mirimo yose ndetse bari kubaka uruganda rushya rugezweho ruzajya rufasha gutarura amabuye yose atakara, kugeza ku mabuye angana na milimetero ebyiri.

Iyo mirimo yose ikorwa n’abakozi barenga 1600, kandi ubona akanyamuneza mu maso bitewe n’uko bahembwa kandi bakitabwaho neza.

Muri GAMICO Ltd Mining Company abakozi baragaburirwa, ndetse hashyizweho ivuriro ririmo umuganga wabyigiye (medical doctor) n’abaforomo ku buryo ugize ikibazo ahita yitabwaho ku buntu.

Twizerimana Jean Claude IGIHE yamusanze mu ndani hafi muri metero 600 z’ubutambike imbere mu musozi. Amaze imyaka itatu akorera iki kigo kandi ngo abona iterambere ryacyo na we rimugeraho uko bwije n’uko bukeye.

Twizerimana uyobora itsinda ry’abantu 60 ati “Narangije kaminuza mu by’ubwubatsi mbura akazi nza gushakira hano mu mabuye y’agaciro. Nagezemo ku cyumweru cya mbere bampemba ibihumbi 94 Frw, igikurikiyeho bampemba ibihumbi 114 Frw. Umuyobozi wacu yahise avuga ko ashaka kujya aduhembera ibyumweru bibiri, adufunguriza konti. Mu by’umweru bibiri iyo nahembwe make bampa ibihumbi 190 Frw. Hari n’ubwo bigenda neza gasegereti ikaboneka ibihumbi 800 Frw mu minsi 15 akinjira.”

Ukomeje kuzenguruka mu ndani z’iki kirombe, ubona abakozi banyuranyuranamo bamwe batunda amabuye, abandi bacukura bifashishije imashini zasa urutare, abandi bagenzura bagenzi babo bareba n’iba imirimo iri kugenda neza.

Uretse Twizerimana ugaragaza ko amaze no kwigurira ikibanza, umubyeyi witwa Mukandayambaje Sephrose, umusanga kenshi mu mirimo ye yo kumena urutare akoresheje imashini ipima ibilo 20.

Mukandayambaje na we wari muri metero 600 ugiye intambike ugana mu musozi no muri metero 120 z’ubujyakuzimu uvuye hanze y’ikirombe, yavuze ko yiyambuye intekerezo nkene zo kumva ko hari ibyo umugore atashobora, uyu munsi akaba akorera amafaranga menshi.

Ati “Natangiye aka kazi nkoresha igitiyo, nyuma mbona abagabo bari gukoresha iyi mashini igezweho. Abakoresha iyo mashini hari umushahara wiyongera k’usanzwe. Naravuze ngo nubwo iremera ngomba kuyikoresha nanjye ayo mafaranga nkayabona. Ni ko byagenze, kandi uwo mushahara uramfasha. Aha munsanze mba ntobora nshaka amabuye, umunsi ukarangira mbonye umusaruro.”

Mukandayambaje umugabo we yamutanye abana batatu. Ubu yiyemeje kujya muri iyi mirimo “kugira ngo abana banjye batandagara cyangwa nanjye ngasabiriza.”

Umuyobozi ushinzwe ibijyanye no kwita ku buzima no kwirinda mu Kirombe cya Bashyamba, Kayigire Dominique, yavuze ko umusaruro wose babona bawukesha abakozi ari yo mpamvu baba bagomba kubitaho.

Ati “Uramugaburira, ukamenya ubuzima bwe, urwaye, ukomeretse kubera impanuka ukamwitaho. Mu birombe hari imbangukiragutabara ebyiri zihita zibajyana kwa muganga. Tugira n’ikigega cy’ingoboka gifasha umukozi kugira ngo uwagize ibibazo ahabwe amafaranga ndetse atishyuzwa.”

Abajijwe ku bijyanye n’ingano y’amabuye babonye muri uyu musozi yavuze ko harimo amabuye menshi cyane, imbogamizi zikaba ishoramari rihagije ryo kuyakuramo.

Ati “Aha amabuye aruzuye, tubona na zahabu n’andi atandukanye. Kugira ngo ibuye urikure mu butaka bisaba ishoramari rinini. Ntabwo washora miliyari 7 Frw ugiye gukora ubusa, nta mabuye wizeye. Aha arahari ku bwinshi.”

Buri cyumweru GAMICO Ltd Mining Company ibona umusaruro uri hagati ya toni esheshatu na toni umunani, cyangwa toni ziri hagati ya 24 na 32 buri kwezi. Mu 2023 iki kigo cyasaruye toni 416 za gasegereti, icyakora mu 2024 kibona toni 337 bitewe n’ibibazo bya Marburg aho mu birombe by’iki kigo hakorerwagamo ubushakashatsi ku ducurama dutera iyi ndwara. Bahombye hafi toni 78 za gasegereti.

Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwakomeje kwitabirwa cyane nko mu myaka icumi ishize aho u Rwanda rwabihaye umurongo. Ni urwego rubarurwamo abakozi barenga ibihumbi 70.

Kugeza ubu u Rwanda rumaze gutanga impushya 136 ku bigo by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro 99, impushya 18 z’ibigo bikora ubushakashatsi ku mabuye y’agaciro zahawe ibigo 17, impushya 76 ku bigo bicuruza ayo mabuye n’izindi eshatu ku biyongerera agaciro.

GAMICO Ltd Mining Company yatangiye gucukura amabuye y'agaciro mu birombye bya Bashyamba mu 2021
Umuyobozi ushinzwe ibijyanye no kwita ku buzima no kwirinda mu Kirombe cya Bashyamba, Kayigire Dominique yavuze ko icyo kirombe gicukurwamo toni za gasegereti zirenga 28 ku kwezi
GAMICO Ltd Mining Company abakozi bashyiriweho ivuriro
Aho amabuye yongererwa ubwiza atandukanywa n'imyanda
GAMICO Ltd Mining Company iri mu bigo bya mbere bicukura gasegereti nyinshi
Imashini zifasha mu gutandukanya gasegereti n'ubutare
Laboratwari ipimirwamo gasegereti muri GAMICO Ltd Mining Company
Ikirombe cya Bashyamba kiri mu Mujyi wa Kigali gicukurwamo gasegereti igera kuri toni 400 ku mwaka
Hari indani zafunzwe ku bwo kwirinda ibibazo zateza
GAMICO Ltd Mining Company ifite abakozi barenga 1600
Amwe mu bamwiriza uba ugomba gukurikiza iyo ugiye kwinjira mu ndani za GAMICO Ltd Mining Company
Uyu yari atwaye amabuye y'agaciro ayakuye aho acukurirwa ayajyanye aho atunganyirizwa
Indani za GAMICO Ltd Mining Company ziba ari ngari aho umuntu agenda yemye
Uyu ari gushaka umusaruro w'amabuye y'agaciro
GAMICO Ltd Mining Company ifite ibikoresho bigezweho byifashishwa mu gucukura amabuye y'agaciro
Mu birombe by'amabuye y'agaciro hashyirwamo amashanyarazi afite ingufu ziri hejuru kugira ngo imashini zasa ibitare zikore neza
Gasegereti itaratunganywa yakuwe mu rutare ni uko iba imeze
Mukandayambaje Sephrose yiyemeje kureka intekerezo z'uko umukobwa/umugore ntacyo yashobora, ajya gucukura amabuye y'agaciro, akazi kamutungiye umuryango
Aha Mukandayambaje Sephrose yari muri metero 600 imbere mu musozi. Iyo mashini ari gukoresha ipima ibilo 20
Abakozi ba GAMICO Ltd Mining Company usanga bahugiye mu mirimo itandukanye
GAMICO Ltd Mining Company ifite indani umunani za kilometero 15 zose hamwe

<doc821068|center

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .