00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hagaragajwe umusaruro w’urugendo rwo kubika amateka n’ibimenyetso bya Jenoside mu buryo bw’ikoranabuhanga

Yanditswe na Iradukunda Jean de Dieu
Kuya 26 February 2022 saa 05:28
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) yagaragaje umusaruro wa gahunda yo kubika ibimenyetso n’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 hiifashishijwe ikoranabuhanga, aho byitezweho kuzoroshya ibikwa ry’aya makuru mu gihe kirekire.

Ibi byagarutsweho mu kiganiro nyunguranabitekezo Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène aherutse kugirana n’abasenateri mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.

Iki kiganiro cyari kigamije kurebera hamwe inshingano za MINUBUMWE ndetse no kugenzura imbogamizi ihura na zo kugira ngo zishakirwe ibisubizo.

Minisitiri Dr. Bizimana yavuze ko kubika ibimenyetso n’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi hifashishijwe ikoranabuhanga bigira uruhare mu kwigisha urubyiruko, bityo bigafasha mu gusigasira ayo mateka no guhangana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yagize ati “Mu bijyanye no kwibuka no gukumira Jenoside, hateganyijwe igikorwa cyo gukomeza kubika mu buryo bw’ikoranabuhanga inyandiko z’Inkiko Gacaca, hakaba hamaze gukorwa ‘Scanning’ aho inyandiko zose zimaze gushyirwa muri mudasobwa.

Uyu muyobozi yongeyeho inyandiko zirenga miliyoni 40 zimaze kubikwa muri ubu buryo. Ati “Inyandiko zigera kuri miliyoni 40 zamaze kubikwa mu buryo bw’ikoranabuhanga."

Yavuze ko ibikorwa birimo kubika imyirondoro na mudasobwa zirimo aya makuru ahantu mu rwego rwo kwirinda kuzayatakaza bizaba byarangiye mu 2024.

Inkiko Gacaca zaciye imanza zirenga miliyoni 1,9 zaregwagamo abagize uruhare mu byaha bya jenoside yakorewe Abatutsi mu myaka igera ku 10 zamaze. Zagize uruhare mu guca umuco wo kudahana zitanga ubutabera bwunga ndetse zifasha no mu kwishyura imitungo yangijwe.

Dr. Bizimana yagaragaje kandi ko hari kwifashishwa ikoranabuhanga mu kubungabunga mu buryo burambye imibiri yo mu nzibutso za jenoside aho iterwa imiti yabugenewe kugira ngo ishobore kubikwa igihe kirere. Ibi bikorwa biri gukorwa ku bufatanye na Kaminuza ya Hamburg yo mu Budage.

Minisitiri Dr. Bizimana yavuze ko kubika ibimenyetso n’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi hifashishijwe ikoranabuhanga bizafasha mu kwigisha urubyiruko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages