00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gisagara: Ubuhamya bwa Rwigira wahinduriwe ubuzima n’ubworozi bw’inka

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 1 January 2025 saa 11:46
Yasuwe :

Mu karere ka Gisagara, Umurenge wa Kansi, umudugudu w’Umunini, hari umuturage w’intangarugero mu bworozi, Rwigira Alphonse. Ni umworozi ufite inka imwe muri izo ikamwa litiro 40 ku munsi bikaba bimufasha mu iterambere rye rya buri munsi.

Rwigira yoroye inka icyenda, avuga ko amafaranga akura mu mata zikamwa ari hagati y’ibihumbi 900 Frw na miliyoni 1 Frw ku kwezi, amufasha mu bikorwa bitandukanye byo kwiteza imbere ndetse no gufasha abaturanyi.

Uyu mugabo yabwiye RBA ko yatangiye ubworozi bwe mu 1995, aho yatangiriye ku nka zisanzwe z’inyarwanda, gusa yagiye azihindura gake gake, aho yajyaga ateza intanga za kizungu kugeza aho ubu afite inka ikamwa litiro 40 ku munsi, bityo bikaba binamwinjiriza amafaranga atubutse bitewe n’umusaruro wazo.

Yagize Ati “Amafaranga nkura mu mata y’izi nka agera hagati ya miliyoni 1 Frw cyangwa ibihumbi 900 Frw ku kwezi, ayo mafaranga afasha mu buzima busanzwe, harimo no kwishyurira abana.”

Umusaruro kandi akura mu aya mata amufasha no kwita ku baturanyi b’aho atuye, aho agenera amata abana bagifite imirire mibi bakigaragara aho atuye.

Siwe wenyine wungukira muri ubu bworozi ahubwo afasha n’abaturanyi be aho aboroza n’abandi akabaha amata.

Umwe mu baturage yoroje akaba nawe ari kugenda atera imbere, Ngiruwonsanga Innocent, avuga ko ubu asigaye yoroye inka yahawe na Rwigira ifite agaciro ka miliyoni imwe utongeyeho inyana yayo.

Ati “Ubu noroye inka nahawe na Rwigira, njye natangiye ndi umushumba iwe, kuko natangiye kumukorera ndi umwana, aho nkuriye maze kuba umugabo ampa inka kugira ngo abana banjye bazabeho neza, none ubu ngubu ndoroye ku nka yampaye ifite agaciro ka miliyoni imwe kandi ubu ifite n’inyana yayo.”

Rwigira amaze koroza abaturage bagera kuri 17, akaba afite abakozi batandatu bamufasha mu mirimo yo kwita ku nka ze bakora buri munsi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .