00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gisagara: Gitifu wa Kansi yongeye gufungwa

Yanditswe na Nshimiyimana Théogène
Kuya 13 August 2026 saa 02:09
Yasuwe :

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwongeye guta muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kansi mu karere ka Gisagara bikekwa ko yahishiriye uruganda rwengaga inzoga zitujuje ubuziranenge.

Kuwa 6 Kanama 2026 nibwo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kansi mu karere ka Gisagara witwa Gasana Isaie yatawe muri yombi.

Gitifu Gasana afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Ndora mu karere ka Gisagara.

Gitifu Gasana afungwa ntihahise hatangazwa ibyaha aregwa gusa amakuru avuga ko itabwa muri yombi rye rifitanye isano na gahunda yo guca inzoga zitujuje ubuziranenge aho mu murenge ayoboye hari uruganda rwengaga ibinyobwa bitujuje ubuziranenge rwafunzwe na Rwanda FDA ariko nyuma rukongera gukora, Rwanda FDA yasubirayo itunguranye igasanga ruri mu bikorwa byakabaye byarahagaze.

Gitifu Gasana yafunguwe mu gitondo cyo ku wa wa 11 Kanama 2026, ariko mu bantu RIB yerekanye ku wa 13 Kanama batawe muri yombi na we yagaragayemo.

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara Wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu Habineza Jean Paul yari aherutse kuvuga ko Gitifu Gasana yafunguwe kuko Ubugenzacyaha bwabonye ari ngombwa.

Gitifu w'Umurenge wa Kansi yongeye gutabwa muri yombi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages