Gare ya Kayonza imaze imyaka irenga 10 yubatswe. Abaturage bahategera imodoka bahamije ko iyi gare imaze kuba nto ugereranyije n’urujya n’uruza rw’abantu bahagenda.
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Fred Hategekimana yavuze ko iyi gare yari imaze imyaka 14 ariko abaturage bayikoreshaga icyubakwa bakaba bariyongereye cyane.
Ati “Gare yacu ya Kayonza yari imaze imyaka hafi 14 yubatswe ariko ubwo abaturage bayigendagamo n’ibinyabiziga byayigendagamo igitangira kubakwa ntabwo ari byo uyu munsi bigihari n’abayikoresha ntabwo ari wo mubare uyu munsi uhari,...ubundi ni gare ya sosiyete yitwa Jali Holdings rero kugeza uyu munsi yatangiye kuyagura, ahagana ku ruhande rwo hirya igiye kwagurwa ku buryo ubuso yakoreragaho bwiyongera, harimo no kuvugurura bimwe mu bikorwa birimo n’inzu n’ibindi bikorwa bitandukanye bituma gare koko iba gare, no gushyiraho inzu zijyanye n’icyo umujyi usaba.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!