00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gakenke: Umukobwa ukora mu kabari arakekwaho kwicisha mucoma icupa

Yanditswe na Nshimiyimana Eric
Kuya 17 July 2026 saa 12:39
Yasuwe :

Umugore uri mu kigero cy’imyaka 34 wo mu Karere ka Gakenke wakoraga akazi ko gutanga ibyo kunywa no kurya mu kabari, afunzwe akekwaho kwica mucoma akoresheje icupa.

Ibi byabereye mu Murenge wa Ruli, mu ijoro ryacyeye ku isaha ishyira saa 20h00 z’ijoro.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyaruguru, CIP Ignace Ngirabakunzi yabwiye IGIHE uyu mugore yatawe muri yombi ndetse iperereza ryatangiye ngo hamenyekane ukuri.

Ati “Ni byo koko uriya mugore uri mu kigero cy’imyaka 34 yafashwe arafungwa akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugabo w’imyaka 50 wari mucoma. Iperereza ryahise ritangira ku cyateye uku gushyamirana.”

CIP Ngirabakunzi yanaboneyeho gusaba abaturage kwirinda urugomo n’ibisindisha kuko ari byo akenshi bibatura mu byaha ibyaha.

Hari amakuru IGIHE yamenye ko uyu mugabo wapfuye yajyanye icyuma agiye kugitera uriya mugore akingaho icupa rirameneka ari naryo yamwicishije.

Uwafashwe afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruli, mu gihe umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku bitaro bya Ruli gukorerwa isuzumwa mbere y’uko ushyingurwa.

Umukobwa wo mu Karere ka Gakenke yishe mucoma

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages