Aba baturage bavuga ko ibyangiritse nibura bifite agaciro kagera kuri miliyoni 11.
Uretse kuba batarahawe n’ingurane y’ibyabo byangijwe, bavuga ko n’ayo mashyanyarazi atabagezeho kandi bari barabyijejwe.
Bimwe mu byo bavuga byangijwe harimo urutoki, imirima y’ibishyimbo, iy’ibigori n’indi myaka byose bari baremerewe kubyishyurwa , ariko kugera magingo aya amaso yaheze mu kirere.
Nkundabatware Gervais umwe mu baturage avuga ko imyaka yabo yononwe ariko ko bategereje kwishyurwa bagaheba.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gakenke ari na we muyobozi w’agateganyo, Kansime James yatangarije RBA ko atari Akarere kagombaga kwishyura, ariko yizeza ko bakoreye abaturage ubuvugizi.
Avuga kandi ko ikibazo cyari cyabayemo ari uko Sosiyete SOGEMR yubatse urwo rugomero yabanje gushaka ibiciro by’ibizishyurwa kuri buri muturage, ariko ngo kuri ubu byamaze gukemuka, ndetse bitarenze iki cyumweru ngo aba baturage bazabona amafaranga yabo.
Ubwo yasuraga uru rugomero, uwahoze ari Minisitiri w’Intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi mu mwaka wa 2012 yasabye ko imirimo yarwo yakwihutishwa kandi ko abaruturiye aribo bagombaga guhabwa umuriro bwa mbere rumaze kuzura.



















TANGA IGITEKEREZO