Ni kuri uyu wa 5 Kamena mu gikorwa ikigo RWFA ku bufatanye n’ikigo cy’iterambere cyo mu Bubiligi (FMBE) cyamurikiraga akarere ka Gakenke n’amakoperative,ishyamba ritunganijwe hagamijwe kubungabunga amashyamba no kuyabyaza umusaruro.
Aya mashyamba yari asanzwe ari ay’abaturage ariko biba ngombwa ko asazurwa anitabwaho, abaturage bahugurirwa kuyafata neza.
Mugabo Jean Pierre ushinzwe amashyamba mu Kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amazi n’amashyamba, yabwiye IGIHE ko hafashwe iki cyemezo nyuma y’uko hakozwe isuzuma ryasanze 70% by’amashyamba bigizwe n’amashyamba y’abaturage atarabungabungwaga ngo anatange umusaruro mwiza.
Yagize ati “Turashimira abibumbiye mu mashyirahamwe, turabasaba no kubishishikariza abandi ariko turanabasaba ko muzafata neza aya mashyamba kugira ngo atange umusaruro ushimishije.”
Abaturage bibumbiye muri aya mashyirahamwe abiri bavuga ko aya mashyamba yombi wasangaga nta musaruro atanga kuko atacungwaga neza ngo anabungabungwe, ariko nyuma yo guhugurwa bakajya mu mashyirahamwe,ngo bafite icyizere ko igiti kigiye kubabera igihingwa ngengabukungu.
Umuyobozi w’akarere ka Gakenke wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Chartine Uwimana, yavuze ko bakwiye kwita ku mashyamba beguriwe maze uyu munsi n’ejo habo n’imiryango yabo igiti kikazababera igihingwa ngengabukungu.
Yagize ati “Twizeye tudashidikanya ko igiti kigiye kuba ngengabukungu mu karere kacu”.
Twizeyimana Leonidas, umunyamuryango w’ishyirahamwe Tubungabunge Ishyamba yavuze ko bari bafite igihombo kinini batarigishwa uko bacunga amashyamba.
Yagize ati “Twishimiye iki gikorwa kuko amashyamba yacu ataduhaga umusaruro,none badutereye ibiti byiza kandi twiyemeje kuzabibungabunga”.
Ubuyobozi bwakomeje bugira inama aba baturage bahuje ubutaka bakanibumbira mu mashyirahamwe, ko bakwiye guhingamo imyaka itangiza imizi y’ibiti igihe bitarakura,kugira ngo rikure neza. Aba baturage kandi ngo bari gutegura umushinga w’ubworozi bw’inzuki uzakorerwa muri ayo mashyamba.
Umwaka ushize, hatewe ibiti hanasazurwa amashyamba y’abaturage yari ashaje hegitari zigera kuri 300. Uyu mwaka hateganyijwe izigera kuri 600 mu turere tune iki gikorwa kiri gukorerwamo aritwo: Gakenke, Gicumbi, Rulindo na Rwamagana.



















TANGA IGITEKEREZO