Ibi babisabwe n’Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cyita ku buhinzi n’ubworozi, RAB mu Ntara y’Amajyaruguru, ubwo mu kibaya cya Mukinga hatangirizwaga igihembwe cy’ihinga 2016 B, ku wa 10 Werurwe.
Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi, RAB, Zamuhaye Jean Claude, yasabye abahinzi gufata neza iki gishanga kuko gifatiye runini abaturage no kwita ku myaka yabo.
Yavuze kandi ko igihe cy’ihinga kiri kurenga asaba abahinzi guhinga bagatera vuba kugira ngo imyaka itazahura n’izuba.
Yabasabye kandi gushingiriza ibishyimbo ibiti bikomeye kugira ngo umusaruro ubyitezweho uzabashe kuboneka.
Abahinzi bafite imirima muri iki kibaya bavuze ko biteguye kuzagira umusaruro ikirere kibakundiye, kuko imbuto n’ifumbire byabagereyeho igihe.
Ikibaya cya Mukinga gihuje Uturere tubiri, aritwo Musanze na Gakenke. gifite hegitari 108, Akarere ka Gakenke kakaba gafiteho hegitari 57, zose zikaba zizaterwaho imbuto y’ibishyimbo yiswe ‘Mwirasi’ kubera ubwiza n’umusaruro itanga aho ishobora kwera kugeza kuri toni 3.5 kuri hegitari imwe.
Ni imbuto yatubuwe kandi ikaba ikwirakwizwa n’abahinzi ku bufatanye n’umushinga wita ku iterambere ry’icyaro DERN wa Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri.
Muri iki gihembwe cy’ihinga mu karere ka Gakenke hazibandwa ku bishyimbo aho byateganyirijwe hegitari 21000, mu gihe ubuso bwose buzahingwa ari hegitari 54707.



















TANGA IGITEKEREZO