00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Forzza Bet yasabanye n’Abanya-Musanze yitegurira gufungura amashami

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 25 February 2025 saa 11:27
Yasuwe :

Sosiyete Nyarwanda y’Imikino y’Amahirwe, Forzza Bet, yasabanye n’Abanya-Musanze yitegurira gufungurira amashami.

Ibi byabereye mu gace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2025 kavuye i Kigali kagasorezwa i Musanze mu mujyi. Kegukanywe na Brady Gilmore ukinira Israel Premier Tech.

Iyi sosiyete yitabiriye iri siganwa ku nshuro ya kane, aho ihemba umukinnyi uzamuka kurusha abandi kuri buri gace.

Mu butumwa Forzza yatangaga ku banya-Musanze, burimo gufungura ishami rishya muri aka karere n’i Burera.

Muri iri siganwa kandi, iyi sosiyete yazanye ubukangurambaga bwa ‘BikorenaForzza’, uburyo bushya bwo kwishyiriraho amafaranga yo gukinira ndetse no kwibikuriza ayo watsindiye, byose bigakorwa utarinze kugana cyangwa guhamagara iduka rya Forzza Bet.

Si ibyo gusa kuko iyi sosiyete iri no kwakira abifuza gukorana nayo, aho bahamagara 6677 bagahabwa iduka ry’ikoranabuhanga.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Umuyobozi Mukuru wa Forzza Bet, Rutayisire Eric, yavuze ko bifuza kugira uruhare mu guhanga imirimo.

Ati “Ntibihagije nka sosiyeti y’abanyarwanda gucuruza gusa, ahubwo twifuza kugira uruhare mu guhanga imirimo iwacu mu Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Muri Forzza kandi twita cyane ku kibazo cya bantu bahindurwa imbata n’imikino y’amahirwe, kandi twiteguye kubafasha kuva muri ibyo bibazo tunakangurira abasigaye gukina mu rugero.”

Forzza Bet ni izina ry’ubucuruzi bwa Sosiyete ya Baron Sports Gaming Ltd, yanditse kandi ikorera mu Rwanda. Intego zayo ni ugutanga serivisi zinoze, kandi ikaba ishishikajwe no guteza imbere uruganda rw’imikino n’imyidagaduro mu Rwanda.

Ukeneye ibindi bisobanuro uhamagara umurongo wa telefoni utishyurwa 6677 cyangwa se ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, (X, Facebook, Instagram @Forzzagamingrwanda na WhatsApp: 0795307588).

Forzza Bet yasabanye n'Abanya-Musanze igiye gufungurira ishami
Vinzent Dorn wa Bike Aid, yahembwe na Forzza nk'uwahize abandi kuzamuka mu gace ka kabiri kasorejwe i Musanze
Forzza Bet yitabiriye Tour du Rwanda ku nshuro ya kane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .