Ibi byabaye ku wa 12 Werurwe 2025, nyuma y’aho intumwa za leta zigera kuri 14 z’abo mu Ishyaka ry’Aba-Democrate zashinje Elon Musk n’urwego ayobora gukora bitemewe n’amategeko no guhungabanya imitegekere y’izo leta.
Musk na Trump bashinjwa gukoresha ububasha bwabo mu buryo bwangiriza ubuzima bw’abaturage.
Ibizava muri ayo makuru Musk yatswe ni byo bizafasha mu kureba niba Musk n’inshuti ye Trump bahagarika ibyo bikorwa byabo bavuga ko bigamije kugabanya amafaranga Amerika itakaza mu bidafite umumaro.
Umucamanza witwa Tanya Chutkan yasabye Elon Musk gutanga amazina ndetse n’inshingano bya buri mukozi ukorera DOGE, uyu muherwe yashyize mu nzego zitandukanye za leta, n’amakuru yose ajyanye n’uko DOGE yubatswe n’ububasha Musk afite.
Musk kandi yahawe ibyumweru bitatu byo kuba yatanze izo raporo zose.
Urukiko ruramutse rwemeje ko uru rwego, rwashyizweho na Perezida wa Amerika Donald Trump, rwakoze binyuranyije n’amategeko, rwahita rufunga ibikorwa byarwo byose.
Trump na Musk bamaze igihe bahisha amakuru ya DOGE cyane ko Trump we avuga ko Elon Musk atari umujyanama mukuru muri White House.
Ku ruhande rwa Chutkah, avuga ko izo nshingano zindi ntaho zihurira n’uru rwego rundi bityo ko no gutanga amakuru ku bikorwa byarwo ntacyo bizatwara inshingano ze zindi.
Kugeza ubu, Elon Musk n’ibiro bya Perezida wa Amerika, White House, ntacyo baratangaza kuri iyi myanzuro y’urukiko.
Si uyu mucamanza gusa watse uru rwego raporo z’imikorere yarwo kuko muri Gashyantare 2025 undi mucamanza wo muri Washington yasabye ko uru rwego rwerekana imikorere yarwo.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!