Depite Mukayijore Suzanne yatorewe uyu mwanya awusimbuyeho Nyirarukundo Ignatienne wahawe izindi nshingano.
Mu badepite 80 bagize Inteko Ishinga Amategeko, 76 bahaye amajwi Depite Mukayijore Suzanne, bimwemerera guhagararira u Rwanda muri PAP.
Depite Mukayijore yinjiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda agendeye ku itike y’Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri Muntu (PL).
Yasimbuye Nyirarukundo Ignatienne wahawe izindi nshingano na Leta aho ku wa 4 Ugushyingo 2019, yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage.
Nyirarukundo wabaye Depite mu Nteko Ishinga Amategeko, yigeze no kuyobora Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu Nteko Ishinga Amategeko (FFRP).
Ubusanzwe buri gihugu mu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe kigira abadepite bagihagararira mu Nteko Ishinga Amategeko Nyafurika (PAP), batorwa na bagenzi babo mu nteko z’ibihugu bakomokamo.
U Rwanda ruhagarariwe na Rwigamba Fidèle, Izabiriza Marie Médiatrice na Mukayijore Suzanne basanzwe ari abadepite; biyongeraho abasenateri babiri aribo Bideri John Bonds na Uwera Pélagie.
Imirimo yo guhagararira igihugu mu Nteko Ishinga Amategeko Nyafurika ibangikanwa n’isanzwe abagize Inteko Ishinga Amategeko baba bafite mu bihugu byabo.
PAP yatangiye gukora muri Werurwe 2004, ifite abanyamuryango 47 bafite inshingano zo kugena gahunda zo gukemura ibibazo biri ku mugabane. Buri gihugu kigira abadepite batanu bayibarizwamo, batorerwa manda y’imyaka itatu.
Hon. Mukayijore Suzanne niwe utowe n'Inteko Rusange nk'Umudepite uhagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko Nyafurika, PAP, aho asimbuye Hon. @INyirarukundo wari wahawe izindi nshingano na Leta. pic.twitter.com/45nmXSFgU3
— Chamber of Deputies | Rwanda (@RwandaCDeputies) July 23, 2020



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!