00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cimerwa Plc yibutse abari abakozi bayo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 13 May 2021 saa 11:36
Yasuwe :

Abakozi b’Uruganda rutunganya sima mu Rwanda, Cimerwa Plc, bibutse abari abakozi barwo n’imiryango yabo 64 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bahabwa umukoro wo kuvuga ukuri n’amahanga akakumenya.

Ibikorwa byo kwibuka byabanjirijwe no gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, aho bamwe mu bayobozi bakuru b’uruganda barangajwe imbere n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cya PPC Ltd cyo muri Afurika y’Epfo, ari na cyo cyashoye imari muri Cimerwa Plc, Roland Van Wijnen, n’abandi barimo Umuyobozi wa PPC Ltd mu mashami yayo ari mu mahanga, Mokate Ramafoko ndetse n’Umuyobozi wa Cimerwa Plc mu Rwanda, Albert Sigei.

Mu ijambo yavugiye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi, Roland Van Wijnen, yavuze ko ibyabaye bikwiye kuvugwa uko biri, bityo ko ntawe ukwiye kugoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi kandi byarabaye ku mugaragaro.

Yagize ati “Kuza aha bidufasha kongera kuzirikana ibyabaye, biduha kunguka ubumenyi ku mateka no kumenya ukuri, kubera ko ibyabaye hano usanga abantu benshi batabivuga uko biri. Ndahamagarira ko ibikorwa byo kubaka inzibutso byakomeza gushyirwamo imbaraga kubera ko ari ingenzi mu rugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge.”

Yongeyeho ko u Rwanda rukwiye kubera ibindi bihugu urugero kubera ibyo rwigejejeho rusize inyuma amateka atoroshye.

Yagize ati “Ni inshuro ya gatatu nsuye u Rwanda ariko buri gihe uko ngarutse ntangazwa n’iterambere ridahwema kugaragara muri iki gihugu. U Rwanda nk’ igihugu n’ibyo rwigejejeho bikwiye kubera ibindi bihugu isomo. Iki gihugu ni ‘diamond’ (ibuye ry’agaciro).’’

Nyuma yo kuva ku rwibutso rwa Gisozi, aba bayobozi bahise berekeza mu Karere ka Rusizi, mu Murenge wa Muganza ahubatswe Uruganda rwa Cimerwa Plc, hibukwa Abatutsi baho barimo n’abari abakozi b’uruganda n’imiryango yabo, bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu muhango wo kwibuka, aba bakozi ba Cimerwa Plc n’abayobozi ba PPC Ltd, bashyize indabo ku hashyizwe ibuye ririho amazina y’abo bakozi mu rwego rwo kubazirikana no kubaha agaciro.

Mu bakozi ba Cimerwa Plc bishwe, barimo n’abanyeshuri bo muri Kaminuza bishwe mu bihe by’ikiruhuko, ubwo babaga bagiye gukora muri Cimerwa Plc.

CIMERWA ikomeje kuba hafi abarokotse Jenoside mu gace ka Bugarama ibafashisha imishinga itandukanye irimo kububakira no kubasanira inzu, kwishyurira abana amashuri no kubaha inka aho uyu mwaka hatanzwe ebyiri.

Abasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi barebye amashusho akubiyemo ubuhamya bw'abarokotse Jenoside
Bahaye icyubahiro imibiri y'abashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Ibikorwa byo kwibuka abari abakozi ba Cimerwa bishwe muri Jenoside byitabiriwe n'abantu bake hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Covid-19
Hafashwe umunota wo kwibuka 58 bari abakozi ba Cimerwa n'imiryango yabo bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi
Nyir'uruganda rutunganya sima, PPC, Roland Van Wijnen yakiriwe mu buryo budasanzwe n'abakozi ba Cimerwa
Uhereye ibumoso: Uwashinze PPC, Roland Van Wijnen; Umuyobozi wa PPC ku rwego Mpuzamahanga, Mokate Ramafoko; Umuyobozi Mukuru wa CIMERWA, Albert Sigei n'Umuyobozi mukuru ushinzwe Imari muri CIMERWA, John Bugunya
Hashyizwe indabo ku rukuta rwashyizweho amazina y'abishwe muri Jenoside mu rwego rwo kurushaho kubazirikana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .