Yatangiye izi nshingano ku wa 1 Gashyantare 2023. Mu bihe bya vuba aha, Christine N. Umutoni yabaye mu nshingano nk’izi mu Birwa bya Maurice na Seychelles.
Mbere yaho yari umuhuzabikorwa mu by’ubutabazi n’umuyobozi w’urwego rwa Loni rushinzwe porogaramu z’iterambere, UNDP muri Eritrea.
Umutoni kandi yabaye umuyobozi wa UNDP muri Zimbabwe, umujyanama mu biro bishinzwe Afurika ku cyicaro i New York n’Umuyobozi ushinzwe imiyoborere, ubutabera, uburinganire no kurwanya Sida mu Rwanda.
Mu bushobozi bwe yatanze umusanzu mu Rwanda mu isesengura rihuriweho mu by’imiyoborere no kubaka ubushobozi bw’inzego zishinzwe amatora, izishinzwe kurwanya ruswa, ubutabera, uburenganzira bwa muntu no kubaka amahoro.
Mbere yo gutangira gukora mu Muryango w’Abibumbye, Umutoni yabaye umugishwanama mu by’iterambere hibandwa ku miyoborere n’uburinganire. Yakoranye na guverinoma y’u Rwanda mu myanya itandukanye.
Yanabaye ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi ndetse yahagarariye u Rwanda muri Uganda nka Ambasaderi.
Mbere yo kwinjira mu nshingano nk’umudipolomate, yakoze muri Perezidansi y’u Rwanda aho yari umujyanama mu by’ubukungu n’imibereho myiza ndetse yagize uruhare mu rugendo rwo gushyiraho gahunda z’igihugu zigamije kugabanya ubukene (EDPRS) n’ibindi.
Yayoboye ibikorwa byo gufasha abababaye, kongera kwiyubaka kw’igihugu, gucyura impunzi no kuzisubiza mu buzima busanzwe hamwe no kwita ku bafite ubushobozi buke barimo impfubyi n’abapfakazi.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!