Ibi byatangajwe ubwo abakozi n’ubuyobozi bwa Choplife basuraga Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro mu kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abakozi ba Choplife beretswe uburyo ku wa 11 Mata 1994 Ingabo z’Ababiligi zasize Abatutsi bari bahungiye muri ETO Kicukiro, bakicirwa i Nyanza ya Kicukiro, abarenga ibihumbi bitatu bahicirwa mu ijoro rimwe.
Umuyobozi Mukuru wa Choplife mu Rwanda, Cyuzuzo Aimée Pacifique, yavuze ko gusura urwibutso bibifasha guha agaciro abishwe urw’agashinyaguro bazira uko bavutse ariko bikanafasha urubyiruko n’abanyamahanga bakoramo kwiga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ati “Kubera ko Sosiyete yacu yiganjemo urubyiruko rwavutse nyuma ya jenoside ndetse n’abanyamahanga, n’iyo mpamvu igihe nk’iki tuba twifuza kugira ngo dusure inzibutso hirya no hino kugira ngo bige ayo mateka bayamenye.”
Yashimangiye ko bazakomeza gusura inzibutso zitandukanye kugira ngo urubyiruko n’abanyamahanga bakorera Choplife bashobore kumenya amateka nyakuri ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Choplife Gaming yagaragaje ko ikomeje kwifatanya n’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n’igihugu cyose muri rusange muri ibi bihe bikomeye kirimo.








Amafoto: Kwizera Moses
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!