00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Century Cinema irerekana filime yitwa “Focus” yo mu bwoko bw’izisetsa

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 27 February 2015 saa 10:51
Yasuwe :

Inzu ya sinema “Century Cinema” ikorera mu nyubako ya Kigali City Tower, kuri uyu munsi tariki ya 27 Gashyantare 2015 irerekana filimi “Focus” yo mu bwoko bw’izisetsa ariko ikina ubuzima bwa buri munsi (Comedy&Drama).

Filimi FOCUS ni filime ivuga ubuzima bwa buri munsi (Drama) yanditswe na John Requa afatanyije na Glenn Ficarra.

Abakinnyi bakuru muri “Focus” ni Will Smith, Margot Robbie, Rodrigo Santoro, ikaba yarayobowe na John Requa na Glenn Ficarra.

Kanda hano urebe agace gato ka "Focus"https://www.youtube.com/watch?v=6vY9UPiI4eQ

Iyi filime iratangira kwerekanwa guhera uyu munsi kugeza ku wa kane ku masaha ya mbili n’igice z’ijoro (2.30PM), saa kumi na mirongo ine n’itanu z’umugoroba (4.45PM) saa moya zuzuye z’umugoroba (7.00PM) ndetse na saa tatu na cumi n’itanu z’umugoroba (9.15PM).

Century Cinema irerekana kandi filime y’igihinde yitwa “BADLAPUR”, yo mu bwoko bwa “Action”, yanditswe na Arijit Biswas, Sriram Raghavan, Pooja Ladha Surti.

Ivuga ku mugabo wateguye ibikorwa byo kwihorera nyuma y’uko umugore we ndetse n’umwana bahitanywe n’abajura mu myaka 15 yari ishije.

Umukinnyi Raghu yaje kuvumbura uwateguye umugambi wo guhitana umugore we ndetse n’umwana.

Abakinnyi bakomeye muri iyi filime ni Nawazuddin Siddiqui, Varun Dhawan na Yami Gautam

Filime BADLAPUR yayobowe na Sriram Raghavan, ikina ubuzima bwa buri munsi ndetse n’ibyaha byo mu ntambara.

https://www.youtube.com/watch?v=9KEoZanqlOE

Ukeneye ibindi wamenya kuri Century Cinema wasura urubuga rwabo www.centurycinemas.rw cyangwa ukabakurikira kuri facebook ku rukuta rwabo www.facebook.com/centurycinemas


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages