00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Byinshi ku mukobwa wiyeguriye gukora ibikoresho mu gikoni akoresheje igiti

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 26 August 2026 saa 06:26
Yasuwe :

Birashoboka ko wasuye sogokuru wawe akakugaburira ku mbehe cyangwa usanga bafite ibikoresho byo mu gikoni birimo indosho, umudaho n’ibindi bikoze mu giti, uyu munsi wakabaye ubona bitagezweho ariko abanyabugeni bagerageza kubibyutsa babijyanishije n’igihe kandi bigatanga umusaruro.

Agatesi Promesse Jessica w’imyaka 23 yatangiye gukora ibikoresho byo mu gikoni n’ibyo kuriraho bikoze mu giti.

Mu bikoresho Agatesi akora harimo ibisorori, amasahane, ibikombe, intebe, umudaho, imbehe, intebe ndetse n’ibindi bitandukanye.

Ni ibintu Agatesi yatangiye gukora nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye mu bijyanye no guteka ariko ahitamo gukomeza ibijyanye n’ubugeni.

Yagize ati “Mu Gakiriro haba hari abantu bafite ikinyabupfura gike, babona umukobwa bakamusuzugura, bancanga intege bakambwira ko ntazabishobora. Abantu bo hafi yanjye nabibwiye ni musaza wanjye, ambwira ko ntazabishobora kubera ikibazo cy’ubuzima ngo nazajya mpora ndwaye.”

Agatesi ntabwo yacitse intege kubera ko yakundaga ibintu by’ubugeni kandi bijyanye n’igikoni.

Ati “Nakundaga ibintu bijyanye n’ubugeni cyane kandi ikindi ndi umwana w’umukobwa nasanze ibyo ngiye gukora ari ibintu bijyanye n’igikoni, kandi kiba kirebwa n’umugore cyane, akaba ari n’umurimo w’amaboko kuko kubona abakobwa bawukora biba bigoye, ariko njyewe narebaga ikintu kiributume mbyikorera, ikindi nashakaga kwereka umuntu wese wakomezaga avuga ko ntabishobora ko bishoboka.”

Agatesi avuga ko Abanyarwanda batarabyumva neza kugura ibikoresho byo mu gikoni bikozwe mu biti, kuko usanga abanyamahanga ari bo babigura cyane. Avuga ko kandi hari imbogamizi z’uko abantu batekereza ko byangirika vuba nyamara ari bo batazi kubifata neza.

Ati “Abakiliya ba hano mu gihugu ni bake cyane kuko ntabwo bari babyumva. Imbogamizi zirimo ni nk’umuntu ushobora kukigura ariko ntagifate neza, kuko hari igihe umuntu agitinza mu mazi kandi ntabwo kiba kigomba gutindamo. Iyo bigenze gutyo umuntu akabona gihise cyangirika n’uwari ufite gahunda yo kukigura arakimwangisha.”

Mu bikoresho Agatesi acuruza abantu bakunda kugura cyane harimo amasahane, ibisorori, udusahani two kunyweramo isosi, ndetse n’utumamiyo.

Mu bikoresho Agatesi akora bikunda kugenda harimo n'udusahane two kunyweramo isosi
Izi ntebe na zo zikorwa na Agatesi zifasha abakobwa gukora nyash
Agatesi yashakaga gukora umurimo w'amaboko
Agatesi akora n'amasorosi
Abanyarwanda ntabwo bari bibona mu gukoresha ibikoresho byo giti
Abatinya kugura ibikoresho byo mu giti baba batekereza ko byangirika ubusa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages