00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burera: Yafunzwe ashaka guha abapolisi ruswa y’ibihumbi 100 Frw

Yanditswe na Nshimiyimana Eric
Kuya 24 June 2026 saa 12:44
Yasuwe :

Polisi ikorera mu karere ka Burera yataye muri yombi umusore ukekwaho guha abapolisi ruswa y’ibihumbi 100 Frw, nyuma yo ku mufatana ibiro 100 by’urumogi.

Uyu musore yafashwe mu rukerera rwa tariki 24 Kamena 2026, mu Murenge wa Bungwe, Akagari ka Tumba ho mu Mudugudu wa Mubuga atwaye urumogi kuri moto amaze kurwambutsa umupaka agiye kurukwirakwiza mu baturage.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru CIP Ignace Ngirabakunzi mu kiganiro na IGIHE yavuze yafashwe Ku bufatanye n’izindi nzego n’abaturage, Polisi.

Ati "Yari apakiye urumogi ibilo 100 kuri moto, afashwe yashatse gutanga ruswa y’amafaranga ibihumbi 100 Frw ku bapolisi bari bamufashe. Ku bufatanye n’izindi nzego n’abaturage, dufatanya mu gukumira ibyaha byambukiranya imipaka birimo no gufata abinjiza ibiyobyabwenge ntituzigera twihanganira ababitunda bose."

CIP Ngirabakunzi yavuze ko uruhare rw’abaturage ari ingenzi mu kurwanya ibiyobyabwenge.

Ati “Uruhare rw’umuturage ni ingenzi mu kurwanya ibiyobyabwenge no kubyirinda kugira ngo hakumirwe ingaruka zabyo, yaba kuri we no ku gihugu yaba mu ku bikoresha cyangwa ku bicuruza.”

Yanaboneyeho gusaba abaturage kwirinda guhishira abakora ibyaha cyane cyane abagirana isano n’ibiyobyabwenge kuko bagira uruhare runini mu bikorwa bihungabanya umutekano n’imibereho myiza y’umuturage.

Uwafashwe afungiwe kuri sitatiyo ya Polisi ya Bungwe kugira ngo akurikiranwe.

Uwatawe muri yombi yari atwaye urumogi kuri moto ashaka guha abapolisi ruswa y'ibihumbi 100 Frw

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages