00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burera: Minisitiri w’Intebe yibukije abaturage kubyaza umusaruro umutekano bafite mu kwiteza imbere

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 1 March 2025 saa 10:25
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yibukije abaturage bo mu Karere ka Burera ko umutekano bafite ugomba kubabera inkingi ya mwamba ibafasha kwiteza imbere, bashingiye ku mahirwe aboneka iwabo.

Ibi yabitangaje ku wa 28 Gashyantare 2025, ubwo yari yitabiriye igikorwa cyo gutangiza igihembwe cy’ihinga 2025 B, cyabereye kuri Site ya Rutuku iri mu Murenge wa Rusarabuye mu Karere ka Burera.

Minisitiri Dr. Edouard Ngirente, yasabye abaturage kwirinda icyahungabanya umutekano cyose yaba ubusinzi n’amakimbirane, ahubwo bagakora ibibateza imbere.

Yavuze ko mu butumwa yahawe na Perezida Paul Kagame, ari uko bakwiriye kumenya ko iterambere bageraho rishingiye ku mutekano, bityo ko bakwiye kuwusigasira ndetse bakarushaho gukora ibibateza imbere.

Ati "Ikintu cya mbere twese tuzi twabonye ni umutekano, nta gikorwa cyabaho hatari umutekano. Umutekano rero Umukuru w’Igihugu yarawuduhaye, murawufite. Iyo mumaze kubona umutekano mukaryama mugasinzira, mukabyuka mugakora imirimo, mukarera abana banyu neza."

"Na we [Perezida Paul Kagame], hari icyo abasaba. Icya mbere ni ukuwusigasira, nyuma yaho aratugira inama ngo noneho nimureke dukore twiteze imbere dukire, dukize n’igihugu cyacu."

Dr. Edouard Ngirente kandi yasabye aba baturage gukora imirimo yabo ibateza imbere, bakarera abana babo neza babarinda kugwingira ndetse banabajyana mu mashuri.

Mukandamage Josephine uri mu bagejejweho izo mpanuro yagize ati "Iyo umuturage akorana n’umuyobozi ibikorwa by’iterambere bituma haba ubusabane mu gukomeza kubaka igihugu no kwiteza imbere.”

Muri iki gikorwa kandi hari bamwe mu baturage baterewe imbuto y’ibirayi, aho umwe muri bo Ndacyayisenga Théobald, avuga ko ari igikorwa azi neza akamaro kacyo.

Ati "Muri 2015 naguze inka ya kijyambere none izimaze kuyikomokaho zigera ku munani naziragije abavandimwe banjye. Niyubakiye inzu y’agaciro ka miliyoni 18 Frw kandi n’abana banjye biga neza, byose mbikesha ubuhinzi na gahunda ya leta ya nkunganire n’ubwishingizi."

Muri iki gihembwe cy’ihinga 2025 B, mu Karere ka Burera bateganya guhinga ibirayi kuri hegitari zirenga 8000, bizunganirwa n’ibigori, ibishyimbo, ingano n’ibindi bihingwa ngandurarugo ndetse n’imboga.

Abaturage b'i Burera biyemeje kubyaza umusaruro umutekano bafite mu kwiteza imbere
Minisitiri w'Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yifatanyije n'abaturage b'i Burera gutera imbuto y'ibirayi
Minisitiri w'Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yibukije abaturage gusigasira umutekano bagakora ibikorwa bibateza imbere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .