Imirimo yo gutunganya igishushanyombonera cy’imikoreshereze y’ubutaka muri aka Karere yatangiye ku wa 17 Mata 2025.
Munyembaraga Jean de Dieu yabwiye IGIHE ko kutagira igishushanyo mbonera bituma abaturage bashyingura mu masambu yabo nyamara gahunda iriho ari uko bashyingura mu marimba rusange.
Ati “Abaturage bacu bagorwaga no kuba muri aka Karere nta marimbi ahari azwi, ku buryo abenshi bagishyingura mu buryo gakondo, kandi aho turi kwerekeza ntibikigezweho, ni ngombwa ko tugira ahagenewe amarimbi, ntekereza ko mu kugena iki gishushanyo mbonera hafi y’ahazagenwa imiturire hazashyirwa amarimbi."
Umuyobozi w’Akarere ka Burera wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Nshimiyimana Jean Baptiste yabwiye IGIHE ko bari gushaka uko byakemurwa burundu.
Ati “Ikibazo cy’amarimbi kirahari mu Karere kandi gikomeye, hari Imirenge iyafite n’indi itayafite, mu gutegura iki gishushanyo mbonera bizadufasha mu kugena ahantu heza azajya muri buri murenge, haba mu gukosora no gutanga umurongo tuzagenderaho."
Umukozi ushinzwe imikoreshereze y’ubutaka mu kigo cy’Igihugu gishinzwe ubutaka, kizafatanya n’Akarere gukora igishushanyo mbonera cy’Akarere ka Burera, Rutagengwa Alex, ahamya ko baramutse batagize imbogamizi bahura na zo umushinga batangije mu mezi umunani uzaba ugeze ku musozo.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!