Imiryango 12 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yatujwe mu mudugudu wa Murama tariki 25 Nyakanga 2018. Abahawe inzu bavuga ko bazitashye zituzuye neza kubera ko bimwe mu bikorwa byo kubaka birimo n’umuriro bitarabageraho.
Umwe mu baturage batuye muri uyu mudugudu avugana na IGIHE yagize ati “Hari inzu zimwe ziva ndetse izindi n’ibisenge byarangiritse.”
Abatujwe muri uyu mu mudugudu kandi bakomeza bavuga ko muri izi nzu bahawe harimo ibisabwa birimo amatara, aho bacanira n’insinga z’amashanyarazi ndetse n’ipoto y’amashanyarazi ikaba itari kure yabo, bakibaza impamvu bakomeje kuba mu nzu zitagira umuriro w’amashanyarazi.
Ku kibazo cy’umuriro umwe mu baturage yagize ati “Mu nzu harimo aho bacanira n’amatara ndetse n’ipoto y’umuriro ntiri kure yacu, harabura cash power no gukurura umuriro ukatugeraho. Nibaza impamvu tumaze igihe kingana gitya nta muriro”.
Meya w’Akarere ka Bugesera Richard Mutabazi, yabwiye IGIHE ko Umuriro utaragera kuri bose muri ako karere, bityo ko abo baturage bategereza bakazagerwaho kuko Leta yihaye kugeza muri 2024 ngo abaturage bose babe bagejejweho umuriro.
Ni mu gihe ku ruhande rw’abatujwe muri uyu mudugudu bifuza ko iki kibazo cyakemuka vuba kubera ko bakigaragarije ubuyobozi inshuro nyinshi ndetse ko kuba batuye mu nzu zitabona bibatera ubwigunge ndetse no kumva barasigaye inyuma mu iterambere.
Kuwa 22 Gashyantare Inteko Rusange ya Sena yafashe umwanzuro wo gutumiza Minisitiri w’Intebe ngo atange ibisobanuro mu magambo ku bibazo by’uruhuri biri mu Midugudu y’icyitegererezo n’indi Leta ituzamo abadafite aho baba.
Muri ibyo bibazo harimo ibijyanye n’inzu nshya zidafite umuriro,amazi meza, isuku mu midugudu ndetse n’inzu zimwe ziva, izindi zifite ibyo zibura nk’imireko n’ibigega bifata amazi y’ibisenge bigatuma yangiza aho anyuze.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!