00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Brig Gen Ronald Rwivanga yatangiye imirimo mishya nk’Umuyobozi w’Urwego rw’Ingabo za EASF

Yanditswe na IGIHE
Kuya 21 May 2026 saa 08:39
Yasuwe :

Brig Gen Ronald Rwivanga yarahiriye inshingano zo kuba Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zishinzwe gutabara aho rukomeye, Eastern Africa Standby Force (EASF), ahererekanya ububasha na Brig Gen (Rtd) Paul Kahuria Njema wo muri Kenya wari umaze imyaka itatu kuri uwo mwanya.

Brig Gen Rwivanga yahawe izi nshingano mu mpera z’umwaka ushize, gusa imirimo ye igomba gutangira muri Gicurasi. Ku wa Gatatu yari i Kampala ku cyicaro cya Minisiteri y’Ingabo kiri i Mbuya, mu muhangbo w’ihererekanya bubasha.

Ibiro bya Brig Gen Rwivanga bizaba biherereye i Nairobi muri Kenya.

Umuhango w’ihererekanyabubasha wari uyobowe na Minisitiri w’Ingabo wa Uganda usanzwe ari n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Inama y’Abaminisitiri ruyobora EASF, Jacob Marksons Oboth.

Yashimye Brig Gen Njema ucyuye igihe ku ruhare rwe mu kubaka uru rwego rukagira imiyoborere ihamye, kandi rugacunga mu buryo buciye mu mucyo umutungo warwo n’ibindi.

Yasabye Brig Gen Rwivanga kubakira ku byari bimaze gukorwa agaharanira ko uru rwego rukomeza kwihaza mu mikoro, kandi rugakomeza kugaragara mu bikorwa binyuranye.

Brig Gen Rwivanga yavuze ko mu miyoborere ye, azashyira imbere gukorera mu mucyo n’ubunyamwuga, agaharanira ko habaho imikoranire mu nzego z’uyu muryango n’akareree muri rusange mu kurwanya ibyaha birimo iterabwoba, ibikoresha ikoranabuhanga, ibiza n’ibindi bibangamiye ikiremwamuntu.

Yavuze ko EASF izakomeza gushyigikira ibihugu no kubiba hafi mu bihe bigoranye by’ibiza, imyizure n’indwara z’ibyorezo.

Brig Gen Ronald Rwivanga yari asanzwe ari Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, inshingano yatangiye mu 2020. Mbere yari Umuhuzabikorwa w’Amasomo mu Ishuri rikuru rya Gisirikare.

Brig Gen Ronald Rwivanga yarahiriye inshingano zo kuba Umuyobozi Mukuru wa East African Standby Force
Umuhango w'ihererekanyabubasha wabereye mu Biro bya Minisitiri w'Ingabo muri Uganda biherereye i Mbuya
Brig Gen Rwivanga asimbuye Umunya-Uganda, Brig Gen (Rtd) Paul Kahuria Njema, wari umaze imyaka itatu kuri uyu mwanya
Minisitiri w'Ingabo muri Uganda, Jacob Marksons Oboth, yasabye Brig Gen Rwivanga gukomeza kubaka urwego rukomeye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages