00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bazakirwa uko bazaba baje - Dr Biruta yaburiye RDC nitera u Rwanda

Yanditswe na Ferdinand Maniraguha
Kuya 26 Mutarama 2023 saa 07:24
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yavuze ko Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo niramuka ifashije abashaka guhungabanya umutekano mu Rwanda, bazasanga rwiteguye kandi bazakirwa uko baje.

Biruta yabitangaje kuri uyu wa Kane ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, ikiganiro ku bibazo bimaze iminsi hagati y’u Rwanda na Congo.

Ubwo yahuraga n’urubyiruko i Kinshasa ku Cyumweru tariki 4 Ukuboza 2022, Perezida Tshisekedi yavuze ko aho bigeze, igihugu cye gishobora kwifatanya n’abashaka gukutaho ubutegetsi mu Rwanda, kugira ngo Congo ibone amahoro.

Icyo gihe yagize ati "Abanyarwanda ni abavandimwe bacu, ahubwo bakeneye ubufasha bwacu kuko baraboshywe, bakeneye ubufasha bwacu ngo tubabohore […] ni abavandimwe bakeneye ko dushyira hamwe tukabakiza abayobozi babasubiza inyuma."

Abadepite bagarutse kuri aya magambo asa nk’ubushotoranyi n’icyo u Rwanda ruteganya gukora mu gihe ibyo Tshisekedi yavuze byaba bishyizwe mu bikorwa.

Minisitiri Biruta, yavuze ko ibyo Tshisekedi yavuze bishimangira ibyo u Rwanda rumaze iminsi rwerekana, by’uko ubuyobozi bwa Congo bushaka guhungabanya umutekano warwo rwifashishije imitwe yitwaje intwaro nka FDLR.

Ati "Ibyo byose bikwereka gahunda, ni no kwemeza ya mikoranire ya FARDC na FDLR. Ubwo biriho kandi bifite icyo bigamije, usibye ko batazabigeraho."

Yakomeje agira ati "Buriya avuga biriya yemeje imikoranire ya Guverinoma ye n’imitwe yitwaje intwaro igizwe n’Abanyarwanda irimo FDLR. Sinzi ikindi kimenyetso amahanga akeneye ngo abashe kubwira Guverinoma ya RDC ibyo ikwiriye gukora."

Minisitiri Biruta yavuze ko u Rwanda rwiteguye igihe cyose rwashozwaho intambara, kandi ko uko Congo izaza ariko izakirwa.

Ati "Kuvuga ko bagiye kwihorera, ibyo bavuze byo hashize iminsi bavuga ko bagiye kuza bakagera i Kigali, bakagira bate, ibyo tuzabireba. Ubwo nibaza bazakirwa uko bazaba baje."

U Rwanda na Congo bimaze iminsi birebana ay’ingwe, nyuma y’aho umutwe wa M23 wuburiye imirwano n’ingabo za Congo guhera mu mpera za 2021.

Congo ishinja u Rwanda gufasha M23 irwana isaba ko uburenganzira bw’abavuga Ikinyarwanda mu Burasirazuba bw’icyo gihugu bwubahiriza, mu gihe u Rwanda rwo rushinja Congo gufasha no gukorana n’umutwe wa FDLR uri mu ifatwa nk’iterabwoba ku rwego mpuzamahanga.

Minisitiri Biruta yavuze ko uko Congo izaza ariko izakirwa
Depite Nizeyimana Pie ubwo yatangaga ibitekerezo
Depite Barikana Eugene yavuze ko bibabaje kuba ibibazo bya M23 buri gihe byegekwa ku Rwanda
Depite Ntezimana Jean Claude yavuzee ko atumva impamvu u Rwanda arirwo Congo yikoma mu bihugu byose baturanye
Depite Hindura Jean Pierre yavuze ko ibimenyetso byose by'uko muri Congo hari gutegurwa Jenoside bigaragara
Depite Mukayijore Suzane yavuze ko u Rwanda rukomeje kwereka amahanga ko atari insina ngufi
Depite Mukarugizwa Annonciathe akurikiye ikiganiro
Depite Hindura Jean Pierre atanga igitekerezo
Depite Musolini Eugene atanga igitekerezo

Amafoto: Yuhi Augustin


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .